RFL
Kigali

Ni iki kihishe inyuma yo kuba 40% by’Abanyamerika bashimishijwe n’icyemezo cy'igurwa rya TikTok ?

Yanditswe na: Eric Misigaro
Taliki:1/09/2020 17:00
0


Nyuma y’igihe kitari gito Leta Zunze Ubumwe za Amerika gitangaje ko gishaka ko ibigo by’ikoranabuhanga byo muri Amerika bigomba kugura Tik Tok byaramuka binaniranye iki kigo nticyongere kuhakorera, uhereye uyu munsi hasigaye iminsi 14. Kuri iyi nshuro hari ubushakashatsi bwerekana ko abagera kuri 40% ko bishimiye imigurirwe y’iki kigo.



Igihari ni uko ibigo by’ikoranabuhanga byo mu Bushinwa bigeraniwe muri Amerika aho byinshi bishinjwa kuba maneko z'igihugu cyabyo. America yashinje ibigo nka Huawei, Tecent, na Bytedance kuba za maneko zubushinwa binyuze mwikoranabuhanga ryabyo rihambaye.

Bytedance niyo nkiri Tik Tok, Tecent niyo nyiri wechat naho Huawei yo ikora ibikorwa byinshi by’ikoranabuhanga birangajwe imbere na Telefone za gatangaza ndetse na murandasi yicyiciro cya 5 (5G) yahogoje amahanga.

Mbere yibi byose America yarabanje yikoma Huawei naho magingo aya ibigo nka Tik Tok ya Bytedance na Wechat ya Tecent bigiye kwerekwa imiryango muri iyi nzeri mu gihe byaba bidafashe icyemezo cyo kugurisha ibice byabyo bikorera muri America n’ibigo by’ikoranabuhanga byo muri Amerika.  


Bwana Donald Trump uyobora America Ku wa 14 Kanama yatanze itegeko ritegeka ikigo ByteDance cyo mu Bushinwa ari nacyo cyashinze urubuga rwa TikTok, kuba cyagurishije uru rubuga cyangwa kikitandukanya n’ibikorwa byarwo muri Amerika bitarenze ku wa 15 Nzeri 2020.

Ikigo ntaramakuru cyo mu Bwongereza 'Reuters' hashingiwe ku bushakashatsi cyakoze cyagaragaje ko nibura abagera kuri 40% by’abanyamerika 1,349 bakoreweho ubushakashatsi bemeje ko ko bashaka ko Tik Tok yagurwa n’ikigo cy’ikoranabuhanga cyo muri Amerika, ibi birahita bishyigikira igitecyerezo cya Perezida Trump.

Nk'uko ikinyamakuru cya Reuters kibitangaza, mu bantu bose bakoreweho ubushakashatsi, abagera kuri 40% bemeranya n’itegeko rya Trump naho 30% bavuga ko batarishyigikiye abandi bangana na 30% bavuze ko ntaho babogamiye. Uhereye uyu munsi ibi bigo byo mu Bushinwa birabura iminsi 14 yo gufata icyemezo hagati yo gufungwa muri Amerika ndetse no kwemera kugurwa.

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND