RFL
Kigali

Ibintu 12 bitangaje kandi bidasanzwe mu gihugu cy’Ubuyapani

Yanditswe na: Niyibizi Honoré Déogratias
Taliki:1/09/2020 7:32
0


Ubuyapani ni igihugu kigizwe n’ibirwa giherereye ku mugabane w’aziya mu burasirazuba bw’isi. Iki gihugu kikaba gihana imbibi na Koreya zombi, Ubushinwa ndetse n’Uburusiya. iki gihugu bitewe naho giherereye gikunda kwibasirwa n’imitingito ikomeye ndetse n’imyuzure ikaze yo mu Nyanja izwi nka Tsunami.



Muri iyi nkuru tukaba tugiye kubagezaho bimwe mu bintu bitangaje kandi bidasanzwe mu gihugu cy’Ubuyapani.

12.Abasheshakanguhe mu Buyapani ni benshi cyane kurusha abana,umubare w’abantu bashaje uri ku kigero cyo hejuru cyane mu buyapani kuko abaturage babwo ntabwo bakunda kubyara cyane. Ibi bikaba bihangayikishije Leta cyane kuko urubyiruko ari bake cyane ugereranyije n’abashaje. Ikindi kandi ubuyapani nibwo bufite abaturage bafite ikigero cyo hejuru cy’ imyaka yo kubaho.

11.Ubuyapani ni kimwe mu bihugu bicye ku isi bibamo ibyaha bicye cyane.Ibi bikabugira kimwe mu bihugu bicye cyane ku isi bitekanye kuko ibyaha bibayo aribyo twakwita ko bidakanganye cyane nkaho usanga abantu baho bakunda kwiba amagare ndetse n’imitaka abantu baba bibagiriwe hanze y’inyubako.

10.Ubuyapani bugizwe n’ibirwa ibihumbi 6852,ibi bikakigira igihugu kigizwe n’ibirwa byinshi byishyize hamwe, Muribyo hakaba harimo bine binini bigize 97% y’ubuso bwose bw’igihugu bikaba ari HONSHU, HOKKAIDO, SHIKOKU NA KYUSHU.

 

9.Umurwa mukuru w’Ubuyapani Tokyo niwo mugi utuwe cyane ku isi.Umugi wa Tokyo utuwe n’abaturage bagera kuri miliyoni 38, 140,000. Aho mu gihe k’ikiruhuko cya saa sita usanga mu mugi hari umubyigano ukabije w’imodoka cyane kuburyo kujya kukarya bisaba ko ukoresha igare.

 

8.Mu Buyapani hari amagare menshi kurusha imodoka.Nkuko tubisanga mu kinyamakuru kitwa halal-navi.com cy’abanyamakuru bakunda gutemberera ahantu hatandukanye bavuga ko mu buyapani hari ahantu henshi haparikwa amagare kurusha aho baparika imodoka.

7.Mu buyapani abantu bahabwa akazi ko gutondeka abantu muri gariyamoshi mu gihe k’ikiruhuko cya saa sita.Ibi biterwa nuko 57% by’abantu batuye mu murwa mukuru w’Ubuyapani bakoresha Taransiporo rusange, ibi rero bituma habaho umuvundo mwinshi w’abantu muri za gariya moshi bikaba ngombwa ko hashyirwaho abakozi bo gushyira abantu k’umirongo ngo babashe kujya muri gari ya moshi.

Zimwe muri za gari ya moshi usanga zitwara abantu ku kigero cya 199% ku ijana bityo ugasanga abantu benshi barwanira ku idirishya kugirango babashe kubona umwuka.

 

6.Hari injangwe nyinshi kurusha abanaNkuko ubushakashatsi bwakozwe muri 2013 bubyerekana, ubuyapani bufite umubare mu nini w’injangwe ugereranyije n’abana babayo. Muri iki gihe ubushakashatsi bukorwa hari injangwe ntoya miliyoni 21.3 mugihe abana bato bari munsi y’imyaka 15 banganaga na miliyoni 16.5 gusa. Ugendeye aha wavuga ko Ubuyapani bakunda injangwe kurusha Abana.

 

5.Mu Buyapani hari imashini zigurisha ibintu bitandukanye zirenga ama miliyoni menshi.Mu ndimi z’amahanga izi mashini zitwa Vending Machines aho zigurisha ibintu bitandukanye birimo itabi, indabo, ibinyamakuru, amafunguro ndetse n’ibyo kunywa. Izi mashini uzisanga kuri buri muhanda mu Buyapani. Hano wakwibaza ati zikora gute? Uko zikora, ushyiramo amafaranga warangiza ugakora kugicuruzwa ukeneye kigahita kivamo.

 

4.Umubare w’abimukira ni muto cyane kandi abayapani ntibakunda kubyarana n’abandi bantu. Bitandukanye n’Amerika 98% by’abaturage bose ni abayapani buzuye naho 2% byabo ni abimukira baturutse mu bihugu bitandukanye.

 

3. Imitingito irenga 1500 iraba buri mwaka.Imibare igenda ihinduka umwaka ku mwaka ariko muri rusange imitingito irenga 1500 yibasira ubuyapani buri mwaka. Kubwa amahirwe, imyinshi muriyo iba iri ku kigero cyo hasi cyane ariko Ntihabura numwe uza ari karundura ugera ku kigero cya RICHTER Scale ya 8 (Richter ni ikimenyetso bakoresha bapima ingano umutingito wabereyeho.)

 

2.Mu Buyapani abakozi bagira igihe cyo gusinzira ku kazi kizwi nka POWER NAP.Abaturage b’ubuyapani barakora cyane kurusha abandi bose ku isi kandi n’umunsi wabo wo gukora ni muremure cyane. Rimwe na rimwe kubera gukora cyane bataruhuka, abakoresha bajya bareka abakozi babo bagafata igihe cyo gusinzira bari ku kazi kugirango bongere bakusanye imbaraga.

 

1.Mu Buyapani hari ama Kafe(cafes) wishyura kugirango ubone umuntu uguhobera akwereke urukundo (There are cafes where you can pay to cuddle).Ibi ntabwo ari ubusambanyi, ahubwo impamvu nuko abantu benshi mu buyapani baba bonyine kubera gukora cyane, iki kikaba ari kimwe mu bibazo bihangayikishije ubuyapani. Niyo mpamvu usanga abantu benshi bacyenera guhoberwa n’ubucuti bwakanya gato murizo cafes.

Src: wedishnomad.com, insider.com & blog.halal-navi.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND