Kuri iki cyumweru, ubwandu bwa coronavirus ku isi bwiyongereye bugera kuri miliyoni 25, mu gihe ibihugu byo ku isi bigikomeje gukaza umurego kugira ngo bigerageze guhagarika icyorezo gikabije.
Miliyoni z'inyongera zagaragaye ku isi hafi ya buri minsi
ine kuva hagati muri Nyakanga, ubu
bwiyongere bukabije bwaturutse mu bihugu birimo ubuhinde aho bwagize abantu benshi
banduye cyane biturutse ku koroshya ingamba zo gufunga kubera ikibazo cy’ubukungu butameze neza .
Umushakashatsi wo mu kigo nderabuzima cya Fiocruz,
Christovam Barcellos, yatangaje ko nubwo Brezile yabaye ighugu cya kabiri
cyashegeshwe na coronavirus, kuri ubu ihagaze neza ugerernije na mbere kuko
kuri ubu abantu 40.000 niba bari kwandura ku munsi naho abapfa bakangana na
1000
Umubare w’abantu banduye coronavirus ku isi ubu wikubye
nibura inshuro eshanu umubare w’indwara zikomeye z’ibicurane zandikwa buri
mwaka, nk’uko imibare y’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima OMS ribigaragaza
Kubera ko nta rukingo cyangwa imiti ifatika iraboneka,
guverinoma zahatiwe kwifashisha uburyo runaka bwo gutandukanya imibereho no
gufunga kugira ngo virusi idakwirakwizwa.
Mask zizaba itegeko guhera kuwa mbere ku modoka zitwara
abantu n’indege muri Nouvelle-Zélande mu minsi irenga 100
TANGA IGITECYEREZO