RFL
Kigali

Bigirimana yandoze ihembe, Bakame ntiyambaniye: Ubuhamya bwa Ndori mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:31/08/2020 12:29
1


Mu gice cya mbere cy’iyi nkuru twababwiye byinshi ku buzima bwa Ndori Jean Claude wakiniye Amavubi ndetse n’andi makipe akomeye mu Rwanda n'uko uyu mugabo yagiye azamuka. Mu gice cya kabiri cy'iyi nkuru turibanda ku buhamya bwe ku marozi yagiye avugwa mu gihe yari akiri umukinnyi w’ikipe y’igihugu ndetse anakinira APR FC.



Mu mupira w’amaguru mu Rwanda, hagiye hakunda kuvugwa ikintu bita amarozi, umuganga, gutegura umukino, ariko ababikurikiranira hafi bakubwira ko ari imvugo z’ibikorwa by’umwijima, akenshi ibi bikoreshwa kugira ngo ikipe itsinde umukino, umukinnyi gushaka kwiharira umwanya ahuriyeyo n’abandi ndetse n’izindi mpamvu zitandukanye.

Ndori ubusanzwe wari umukinnyi wa APR FC, nyuma yaho ikipe ya Atraco FC yegukanye igikombe cya CECAFA, APR FC yaje guhita igura umukinnyi Ndayishimiye Eric uzwi ku izina rya Bakame aguzwe miliyoni 8 z’amanyarwanda Ndori atangaza ko ubuyobozi bumaze kubona amafaranga bari bahaye Bakame, na we bahise bamuha izo miliyoni kuko APR FC yari ibizi ko ari inshuti.

Ati: “Bakame yaraje atangira kujya ahita aba n’umukinnyi ubanzamo kuko yari mushya ariko abatoza bagomba kudusaranganya imikino kugira ngo twese tuzanatange umusaruro mu ikipe y’igihugu. Gusa hadaciye igihe kinini Bakame yatangiye kujya ashaka kwiharira imikino yose ntangira no kugira imvune zitandukanye byose byari bifite aho bituruka kuko ntibyizanaga.”


Ndori yigeze gushwana na Bakame

Ndori kandi atangaza ko n’ubwo ibi byose byabaga, yari inshuti na Bakame dore ko bagendaga mu modoka imwe. Yagize ati ”Bamaze kuduha twese ziriya miliyoni 8 njye nari naratangiye kubaka hano, Bakame we agura Kabaze. Icyo gihe nahise ngura imodoka nyandikaho 'imodoka y’abanyezamu ba APR FC', nkajya nyimutiza cyane kuko njye ntacyo nayikoreshaga kandi we yabaga ayikeneye anafite gahunda zitandukanye. Bakame yaje kugira ikibazo cy’imvune ahagana mu mpera z’amasezerano ye bituma atandukana na APR FC gusa na we wabonaga ko iyo mvune acyeka ko ari njye wayimuteye.”

Tumubajije ku byavuzwe hagati ye na Bigirimana Jean Claude, Ndori yadutangarije ko yarozwe na Bigirimana kubera umukino we wa mbere yamaze gukinira Amavubi. Yagize ati ”Ubwo nakinaga umukino wanjye wa mbere mu Amavubi twari twahuye na Zimbabwe idutsinda ibitego 2-1 icyo gihe twaragarutse mpita njya gukora ibizamini bya Leta".


Ndori Jean Claude ubu ni umuzamu wa Musanze FC

Yakomeje agira ati "Gusa nyuma yaho naje kugira ikibazo cy’imvune ndwara ikintu mu ruvabu ku buryo ntabashaga kuryama. Nagiye kwivuza kwa Kanimba bamvura malariya irakira ariko ikintu cyo mu rubavu cyanga gukira, bamvomagamo amazi ariko akanga gukira bageze aho barandeka ndataha.

Hashize iminsi naje kujya mu bukwe nshinzwe kwakira abantu, haza umuntu ntazi arahagarara arinyitegereza arambaza ati 'ko mbona urwaye', nanjye ndamubwira nti nari ndwaye ariko narakize, gusa ambwira ko narozwe, tujyana ku muganga ari bwo mu kwaha bakuragamo ihembe ririho ibikeri".

Reba ikiganiro twagiranye na Ndori mu buryo bw’amashusho


VIDEO: Aime Filmz - InyaRwanda Tv






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • nsengimana j cloude3 years ago
    isi ntisakaye nabo bazanyagirwa





Inyarwanda BACKGROUND