RFL
Kigali

Japan: Minisiteri w’Intebe Shinzo Abe yatangaje ko agiye kwegura ku mirimo ye

Yanditswe na: Christian Mukama
Taliki:30/08/2020 9:23
0


Kuva mu Ukuboza 2012, Shinzo Abe w’imyaka 65 yari Minisiteri w’Intebe mu gihugu cy’u Buyapani. Uyu muyobozi mukuru wa Guverinoma yatangaje ko mu mpera za Nzeli azegura ku mirimo ye kubera impamvu z’uburwayi.



Shinzo Abe yari igihangange muri poritiki y’igihugu cy’Ubuyapani, dore ko yagiye ashingwa imirimo itandukanye muri leta ndetse no mu ishyaka rye rya LDP (Liberal Democratic Party). Ntitwakwirengagiza yuko uyu, Abe mu hagati y’umwaka wa 2005-2006, ubwo yari yatorewe bene nk’uyu murimo yeguyeho nab wo yaweguyeho kubera iyi mpamvu y’uburwayi.

Indwara iteye Shinzo Abe kwegura ku mirimo, si ubwa none imufashe nkuko byavuzwe haruguru. Iyi ndwara usibye mu mwaka wa 2006 yamuzonze bikamuviramo kwegura ku mirimo na none, uyu Abe iyi ndwara yatangiye kuyirwara ari mu kigero cy’imyaka 15, ikaba izwi nka Ulcerative Colitis (iyi ndwara ifata urungano ngogozi).

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa gatanu, nyakubahwa Shinzo Abe, nyuma yo gutangaza iby’imyegurire ye, yongeye gushimira urwego rwita ku buzima muri icyo gihugu cyane cyane abakora imiti. Impamvu nyamukuru yashimye aba bakora imiti nuko bashoboye gukora umuti wa Asacol. Uyu muti mugukorwa kwawo yabigizermo uruhare doreko uvura ubu burwayi arwaye.

Mu gihe cy’imyaka 8 yaramaze ku buyobozi yaranzwe no kuzana poritiki z’ubukungu zigamije kubungabunga ubukungu bw’iki gihugu; izwi cyane ni Abenomics yamwitiriwe. Magingo aya igihugu cye cyari ku mwaya wa 3 mu bihugu bikungahaye mu isi. Mu myaka yashize Ubuyapani bwigeze kuba ku mwanya wa 2 mu bihugu bikize nyuma ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Shinzi Abe yatangaje kuri uyu wa gatanu kandi ko imirimo ashinzwe azayivaho burundu mu mpera za Nzeri ubwo azaba amaze kubona uzamukorera mu ngata.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND