RFL
Kigali

USA: Umujyi wa Phoenix ugiye kwishyura asaga Miliyoni 459 Frw umuryango w’abirabura watunzwe imbunda na Polisi

Yanditswe na: Soter Dusabimana
Taliki:28/08/2020 17:58
0


Umuryango w’abirabura utuye mu mujyi wa Phoenix muri Arizona ugiye kwishyurwa asaga miliyoni 459 Frw nyuma y’uko polisi yo muri uyu mujyi ibatunze imbunda ishaka kubarasa ibaziza ko umwana wabo yatwaye igikinisho mu iduka ababyeyi be batabizi.



Dravon Ames n’umugore we Lesha Harper bagiye kwishyurwa agera ku bihumbi Magana ane na mirongo irindwi na bitanu by’amadolari ya leta zunze ubumwe za Amerika ($475,000), nyuma y’uko umwaka ushize polisi yo mu mujyi wa Phoenix muri leta ya Arizona ibatunze imbunda ishaka kubarasa.

Inkuru dukesha ikinyamakuru cy’Abongereza Daily Mail ivuga ko umwaka ushize kuwa 27 Gicurasi aribwo umupolisi witwa Chrisy Meyer arikumwe na bagenzi be batunze imbunda Dravon bashaka kumurasa ari kumwe n’umugore we wari unatwite inda y’amezi atanu, hamwe n’abana babo babiri b’abakobwa b’imyaka 4 n’umwaka 1 w’amavuko.

Family

Umuryango wa Dravon ugiye guhabwa agera kuri Miliyoni 459 Frw nk'indishyi z'akababaro 

Ibi byose byabaye nyuma y’uko umwana wabo muto asohokanye igikinisho kigura idorali rimwe $1 gusa mu iduka ababyeyi be batabimenye, maze abakozi bo muri iri duka bagahita bahamagara polisi bayimenyesha ko hari umuryango ufite umwana muto wibye igikinisho mu iduka. 

Amashusho agaragaza uyu muryango, yasakaye ahantu hose agaragaza uyu muryango uzengurutswe n’abapolisi umwe mu bapolisi witwa Chrisy Meyer atunze imbuda Ames amubwira ko ajyiye kumurasa isasu mu mutwe.

Lesha Harper ubwo yaganiraga n’itangazamakuru kuwa gatatu w’icyi cyumweru yavuze ko umuryango we ugiye guhabwa agera ku bihumbi Magana ane miromgo irindwi na bitanu $475,000 nk’impozamarira mu kirego barezemo umugi wa Phoenix umwaka ushize.

Lesha

Lesha avuga ko umuryango we wanyuze mu bihe bikomeye nyuma y'ibyababayeho

Mu kirego bashinjaga polisi yo muri uyu mugi gukoresha imbaraga z’umurengera no kutubahiriza uburenganzira bw’abasivile. Mu kirego uyu muryango washakaga miliyoni icumi $10,000,000 z’amadolari nk’indishyi z’akababaro.

Ubwo yaganiraga n’itangazamakuru Harper yagize ati:”Ndashaka kuvuga ko ubu numva nyuzwe kuba twabonye ubutabera. Byari ibintu bigoye cyane kwita ku bana banjye no guhangana n’ibintu bitandukanye byabaye”. Harper yakomeje avuga ko abana be bahungabanyijwe cyane nibwo babonye na n’uyu munsi bakigaragaza ingaruka zibyo bahuye nabyo.

Carlos Garcia umwe mu bagize njyanama y’umugi wa Phoenix yavuze ko abizi neza ko amafaranga uyu muryango uzahabwa, atakuraho ihungabana cyangwa se ibikomere batejwe n’ibyababayeho ariko yizera ko azafasha abana kugira ubuzima bwiza. Garcia yakomeje yihanganisha uyu muryango kubyo wanyuzemo bitoroshye, abashimira kuba barashoboye kuvuga ibyababayeho no kuba baragize ubutwari mu gushaka ubutabera.

Nyuma aya mashusho ajyiye hanze uyu mupolisi Meyer yahise yirukanwa mu gipolisi. Si ubwa mbere polisi yo muri Phoenix ishinjwe guhohotera abaturage cyane cyane abirabura nk'uko byatangajwe muri raporo yasohowe na leta ya Arizona.

Src: Daily Mail  






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND