Ikipe y’igihu Amavubi ni imwe mu makipe 16 yitabiriye imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afrika cyabereye muri Tunisia 2004, ari nacyo gikombe cy’Afrika rukumbi Amavubi yitabiriye mu mateka yayo.
Mu
itsinda ryarimo u Rwanda, Uganda ndetse na Ghana, Amavubi yabonye itike azamuka
mu itsinda ari aya mbere n’amanota arindwi akurikirwa na Uganda yari ifite
amanota atanu. Abasore batozwaga na Ratomir
Dujkovic, batangiye kwitegura kwerekeza muri Tunisia dore ko ibihe byari byiza
cyane, kandi icyizere ari cyose.
Amavubi urugendo bari bamaze kurenga, bari barakoresheje abakinnyi benshi kandi bahurije hamwe, bari bafite intego yo kuzamura ibendera mu Majyaruguru y’Afrika. Uko iminsi yagendaga yicuma, Ratomir Dujkovic umutoza mukuru, yari afite cykizere cyo kuzagumana abakinnyi be batangiranye urugamba n’ubwo atari ko byaje kugenda.
Amavubi ibyishimo byabaga ari byose
Ku
gicamunsi cyo ku wa Gatatu tariki 14 Mutarama 2004, umutoza mukuru w’Amavubi Ratomir
Dujkovic yashyize hanze urutonde rw’abakinnyi 22 bagomba kwerekeza muri Tunisia
aho imikino y’igikombe cy’Afurika yagombaga kubera, urutonde rwasohotse bari mu gihugu cya Misiri.
Nyuma
yaho abakinnyi 22 batangarijwe, abakunzi b’Amavubi batunguwe no kutabonaho umunyezamu
wari uwa mbere Muhammed Mossi ndetse na Mukoko Benoit kandi barakoreshejwe mu
mikino yabanje y’amajonjora.
Abakinnyi
22 bari bahamagawe
Mu
izamu: Patrick Mbeu (APR), Jean-Claude Ndagijimana (Rayon), Ramadhani
Nkunzingoma (APR)
Abakina
inyuma: Hamad Ndikumana (Genk, Belgium), Abdul Sibomana (APR), Leandre
Bizagwira (Kiyovu), Canesius Bizimana (Mukura), Elias Ntaganda (APR), Jean Remy
Bitana (Rayon)
Abakinnyi bo hagati: Jean-Paul Habyarimana (APR), Frederic Rusanganwa (APR), Michel
Kamanzi (Betzdorf, Germany), Olivier Karekezi (APR), Henri Munyaneza (Aalost,
Belgium), Eric Nshimiyimana (APR)
Ba
rutahizamu: Joao Henriette Elias (Kortrijk, Belgium), Jimmy Gatete (APR), Said
Abed Makasi (FC Bruxelles, Belgium), Desire Mbonabucya (St Truiden, Belgium),
Jean Lomani (Power Dynamos, Zmabia), Karim Kamanzi (Vise, Belgium), Jimmy
Mulisa (APR).
Desire Mbonabucya ni we wari kapiteni w'Amavubi 2004
Urebye
kuri uru rutonde, urabona ko Claude Kalisa wakinaga muri St Truiden atigeze
ahamagarwa kubera imvune yari yaragiriye mu mukino wo gushaka tiike yerekeza mu
mikino ya nyuma y’igikombe cy’isi 2006.
Mu
kiganiro yagiranye na BBC, uwari umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru
mu Rwanda Ceasar Kayizari, yatangaje ko impamvu Muhammed Mossi yasigaye, yari
yagaragaje umubyibuho ukabije ndetse ubona ko adafite imyitozo ihagije, ariko abandi bakavuga ko byatewe n’umukino u Rwanda
rwatsinzwemo ibitego 5-1 n’igihugu cya Misiri harimo ngo ibitego bibiri yateje.
Eric
Nshimiyimana yari umwe mu bakinnyi bakuru kandi babonaga umwuka uri mu ikipe
Mu kiganiro INYARWANDA twagiranye n’umutoza wa AS Kigali Eric Nshimiyimana wari umukinnyi icyo gihe, yatubwiye ko ubwabo nk’abakinnyi impamvu babonaga Muhammed Mossi yasigaye, byatewe no kuba yari yararambiwe. Yagize ati ”Twari tumaze kugenda ingendo nyinshi kandi dufite amafaranga Muhammed Mossi rero wabonaga ibintu atakibirimo adakurikiza gahunda z’ikipe niba tugiye kurya ugasanga ntahari ahubwo afite ibindi yitekerereza.
Nko mu
mikino twatsinzwemo na Misiri yateraga urwenya ati 'ibi bitego umwarabu
adutsinze Tunizia izadukorera ibiki? Njye ntimuzambona', ukabona ko afite
ibindi yibereyemo ahubwo ashaka gutaha. Ibyo rero, twabonaga ko nta bundi buryo
buhari, abatoza basohoye urutonde dusanga Mossi ntabwo ariho”.
Mukoko
Benoit we habaye iki kugira ngo asigare?
Mukoko Benoit na we yari yaragendanye urugendo rukomeye n’Amavubi, yaje gusigara ku munota wa nyuma. Eric Nshimiyimana yatubwiye ko kubera ikibazo cya ba rutahizamu, ari cyo cyatumye Mukoko Benoit asigara. Yagize ati ”Mukoko Benoit yari umukinnyi akenshi wasimburaga tumaze kubona itike rero byatumye umutoza ashakisha abakinnyi bataha izamu kuko twari dufite rutahizamu ukwe gusa ari we Desire Mbonabucya".
Saidi Abedi Makasi umwe mu bakinnyi bifashishijwe mu minsi ya nyuma
Yakomeje agira ati "Abantu
benshi bari bazi ko dufite Gatete Jimmy na Desire ariko Jimmy Gatete we yakinaga
asatira ku mpande adahagarara hamwe, ibyo bikaba byaratumaga dushaka undi
nimero icyenda, umutoza yahisemo kuzana Saidi Abedi Makasi bituma Mukoko Benoit
atibona mu bakinnyi 22 bagombaga kwerekeza muri Tunisi"a.
Amavubi yari ari mu itsinda rimwe na Tunisia, DR Congo na Guinea, u Rwanda rusoza imikino y’amatsinda ruri ku mwanya wa 3 n’amanota 4 atararwemereraga kurenga umutaru.
TANGA IGITECYEREZO