RFL
Kigali

Bimwe mu bintu byatuma umubano wawe n’umukunzi wawe urushaho kuba mwiza ukaramba

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:24/08/2020 15:57
0


Akenshi abantu bakundana ntibpfa gushwana cyane cyane iyo ari bwo bagikundana ariko uko iminsi igenda yicuma usanga wa mubano mwiza ugendauzamo agatotsi ku buryo iyo kadakosowe kagenda kakaba ikintu kinini cyane kikazaba intandaro yo gutandukana



Kugirango umubano w’abakundana urusheho kuba mwiza hari ibintu ukwiye gukorera mugenzi wawe ndetse mukazarambana iteka

Bimwe muri ibyo bintu ukiye gukora rero ni ibi bikurikira:

Gerageza kuvugana ijwi rituje: Niba ukunda Kurambirwa, gucika intege no kurakara buri munsi bishobora gukurura umwuka utari mwiza hagati yawe na mugenzi wawe niba hanabayeho kuvuga nabi gato, menya neza ko bisaba amagambo agera kuri 20 meza kugirango arute ibibi byakozwe n’umwe muri mwe, bityo rero Shimira umukunzi wawe ku nkweto nshya yakuguriye, cyangwa umushimire ku ishati nziza yambaye umenye neza ko gushimira no gushimwa ari bimwe mu bikwiye kubaranga mwembi kandi bivuye ku mutima ndtse uhuze amaso na we umwenyura, uramenye ntukagaragaze iminkanyari uri kumwe n’umukunzi wawe

Mugerageze gukoranaho kenshi: Gukoranaho kw’abantu bifasha kurekura ibyiyumvobyanyu mwembi, bityo rero ni byiza gufatana mu kiganza mu gihe muri gutembera, gukorana mu misaya, kwitoratoza mu misatsi ya mugenzi wawe n’ibindi, kugerageza ibi bizagufasha kubaka igihome cy’urukundo , ese iki gihome ucyubaka ute?

Ntukabone ibibi kuri mugenzi wawe gusa: birumvikana hari ubwo mugenzi wawe akora ikos ndetse n’ejo agakora irindi ariko si byiza guhora ubona amakosa kuri mugenzi wawe gusa kuko nubwo hari amakosa yakoze ariko hari n’ibyiza yakoze, ibyo rero nibyo byakuremera ibyishimo ndetse bikanakomeza n’umubano wanyu bigatuma uramba,aha rero niho ukwiye kwitaho cyane kuko nta wifuza kubwirwa nabi,nushima mugenzi wawe mu byiza yakoze bizaba byiza kuruta guhora umwereka amakosa  kandi na we ubwe ayazi, bityo gerageza gushima mugenzi wawe ku byiza yakze kuruta kumubwira ibibi yakoze

Ongera umubano wawe n’umukunzi wawe murushaho kwishimisha: nibyo rwose kwishimisha ni kimwe mu bintu bituma umubano w’abakuda urushaho kuba mwiza niyo mpamvu niba ushaka ko umubano wawe n’umukunzi wawe uramba, kora ibishoboka byose habeho kwishimisha mu buryo bumwe cyangwa ubundi, musohoke, mujye ku mazi, mutembere mu muhanda se,cyangwa mukore ikindi kintu cyatuma mwembi muruhuka mu mutwe ndetse mwumve mwishimye

Niba mushwanye mugerageze no kwiyunga vuba: Mu bushakashatsi bwakozwe na Floride ku bashakanye kuva kera, ubushobozi bwo gukemura ibibazo bwatanzwe nk’ikintu cy’ingenzi kuri 70 ku ijana by’abashakanye banyuzwe, amakimbirane rero ahinduka irembo ry’ubucuti bukaba bwimbitse

Abashakashatsi bo muri kaminuza ya Kaliforuniya bakurikiranye abashakanye 79 mu gihe kirenga imyaka icumi basanze abatandukana hakiri kare bararwanye cyane kandi bahoraga bagabana ibitero , aha rero niho ukwiye kwitondera, Niba intambara itangiye, gerageza uhindure ingingo, utere urwenya rworoheje, wishyire mu mwanya we cyangwa wereke umukunzi wawe ko umushimira byimazeyo

Src: Psychcentral.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND