RFL
Kigali

Kellyanne Conway umujyanama wa Donald Trump yatangaje ko mu mpera z’uku kwezi azegura ku mirimo ye

Yanditswe na: Soter Dusabimana
Taliki:24/08/2020 15:28
0


Umujyanama wa Perezida Donald Trump Madamu Kellyanne Conway yatangaje ko mu mpera z’uku kwezi atazaba akibarizwa muri White House aho yavuze ko azaba ajyiye kwita ku muryango we.



Ku munsi w’ejo ku cyumweru nibwo Madamu Kellyanne Conway umujyanama wa Perezida Donald Trump yatangaje ko mu mpeza z’uku kwezi atazaba akibarizwa mu mirimo ye. Kellyanne yavuze ko impamvu yo kuzava ku mirimo ye aruko ashaka kujya kwita ku muryango we.

Uyu mugore w’imyaka 53 y’amavuko atangaje ko azasezera ku mirimo ye nyuma y’uko mu minsi micye ishize umukobwa we w’imyaka 15 y’amavuko Claudia Conway ku mbuga nkoranyambaga ze yavuze ko atishimiye imirimo abayeyi be bakora. Uyu mukobwa yavugaga ko ababyeyi be batamwitaho uko bikwiye (batamuha umwanya).

Kellyanne

Kellyanne avuga ko ashaka kujya kwita ku muryango we

Mu butumwa uyu mugore yanyujije ku mbunga nkoranyambaga yagize ati:”Nzaba navuye ku mirimo yanjye muri White House mu mpera z’uku kwezi. Mu mezi macye, abana bacu b’ingimbi n’abangavu kandi b’impanga bagitangira umwaka mushya w’amashuri mu mashuri abanza n’ayisumbuye kandi kure yo mu rugo. “Nkuko mubizi nk’ababyeyi barenga miliyoni muri icyi gihugu, abana biga kure yo mu rugo bakenewe kwitabwaho cyane cyane muri ibi bihe”.

Yakomeje agira ati:“Bidasubirwaho aya niyo mahitamo yanjye ndetse n’ijywi ryanjye. Mu gihe kitarambiranye, Nzabatangariza ibyo nteganya gukora mu gihe kiri imbere. Magingo aya, kubwa bana banjye nkunda, ubu ntabindi bibazo bizaba bigihari ahubwo n’ugukora inshingano zanjye nk’umubyeyi”.

Uyu mugore Kellyanne Conway ni umwe mu bajyanama ba Perezida Donald Trump bamaze igihe cyinini dore ko Kellyanne yari umwe mu bateguraga gahunda ze zo kwiyamamaza mu mwaka 2016, akaba n’umugore wa mbere wateguye gahunda zo kwiyamamaza kwa Perezida bikarangira atahukanye insinzi.

Kellyanne Conway

Kellyanne Conway ni umwe mu bafashije Donald Trump mu bikorwa byo kwiyamamaza mu  2016

George Conway Umugabo w’uyu mugore umwe mu barwanya ubuyobozi bwa Donald Trump nawe aherutse gutangaza ko nawe yeguye ku mirimo ye yakoraga mu kiswe Lincorn Project iri akaba ari itsinda ryakozwe mu 2019 n’abahoze mu ishyaka ry’Aba-Republicans, intego yabo akaba ari ukurwanya ko Perezida Donald Trump yakongera gutorewa indi manda mu matora azaba mu gushyingo uyu mwaka.

Uyu mugabo yakunze kugaragara cyane mu ruhame atavuga neza Donald Trump aho yavugaga ko adakwiriye kuyobora leta zunze ubumwe za Amerika. Nyuma y’iminsi umukobwa we ku mbuga nkoranyambaga ashyizeho ubutumwa butandukanye aho yavugaga ko ababyeyi be bahora mu kazi kabo nta mwanya bamuha, uyu mugabo yaje gutangaza ko yeguye ku mirimo ye n’umugore we ku munsi w’ejo ku cyumweru nawe yatangaje ko nawe mu mpera z’uku kwezi azegura ku mirimo ye.

Conway
 Kellyanne Conway n'umugabo we George Conway

Donald Trump akimara gutorerwa kuyobora Leta zunze ubumwe za Amerika uyu mugore nawe yahise akomereza akazi ke k’ubujyanama muri White House, kubera aka kazi yakoreraga Donald Trump katumaga umugabo we n’umukobwa we umwuka utaba mwiza hagati yabo. Mu minsi micye ishize uyu mukobwa wabo Claudia abinyujije ku rubuga rwa Tik Tok yavugaga ko ababyeyi be umubano utameze neza kandi ko bashobora gutandukana. Uretse kuba umujyanama uyu mugore yari numwe mu bantu ba hafi bashyigikiye Perezida Donald Trump.

 

Src: CNN & The Guardian

   






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND