RFL
Kigali

Inyoni ntikwiye kwicwa izira umusaruro yagizemo uruhare, - Dr Imanishimwe

Yanditswe na: Clementine Uwiringiyimana
Taliki:22/08/2020 15:30
1


Dr Ange Imanishimwe, Umuyobozi w’umushinga BIOCOOR ushinzwe kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima mu nkengero za parike ya Nyungwe, asanga buri muntu wese akwiye guha agaciro ubufatanye ibinyabuzima bigira mu kugira ngo ubuzima bushoboke.



Dr Imanishimwe mu kiganiro yahaye abanyamakuru kuri uyu wa 21 Kanama 2020 yagarutse ku kuba hari  utunyamaswa tugaragara nk’aho ari duto abantu basuzugura ndetse bakanadusagarira nyamara tugira uruhare mu kugira ngo umusaruro uboneke.

Yagize ati “Mu bushakashatsi twakoze twasanze inyoni rimwe na rimwe ishobora no gukora akazi karuta ak’umuhinzi. Niba igiye kona hakwiye kubaho gukumira kugira ngo umuntu atazabura umusaruro na gatoya ariko nanone ntabwo ikwiye kwicwa kandi nayo hari akazi yakoze ko kubangurira.”

 

Uyu muyobozi asanga ngo no mu gihe cyo kwizihiza umuganura, aho abantu baba bishimira ibyo bagezeho hakwiye no kujya hazirikanwa ibi binyabuzima bitandukanye kuko muri uwo musaruro haba harimo ijanisha ry’uruhare rwabyo kugira ngo uboneke.

Yagize ati “Ubuzima bwubatse mu buryo bw’ubufatanye, buri kinyabuzima cyunganira ikindi kugira ngo ubuzima ku isi bukomeze. Mubyukuri umuganura uraba, tukaganura ibyo twejeje nk’Abanyarwanda tukishima, tugatumira inshuti n’abavandimwe ariko buriya kugira ngo bibeho ni uko hari ibindi binyabuzima biba byagize uruhare ngo umusaruro uboneke. ”

Uyu muyobozi atanga urugero nko ku ntozi, Imiswa n’utundi tunyamaswa tuba mu butaka. Avuga ko imyobo ducukura mu butaka igira uruhare kugira ngo bubashe kunywa amazi ndetse no kuba zigira uruhare mu gushaka intungabutaka.

 

Akomeza agira ati “Iyo hari nk’ibimera byamaze gusarurwa bikaba bifite imizi, kugira ngo ihinduke amafumbire n’ubundi ni yamiswa, ni zantozi, ni twadusimba tundi twinjira mu butaka tukayicagagura noneho igahinduka ifumbire.”

 

Iyo umuhinzi amaze gutera urubuto rwe, ngo hari abirengagiza ko rutakwera hatabayeho ibangurira rikorwa na tumwe mu dusimba turimo nk’inyoni, inzuki, ibinyugunyugu n’utundi dutandukanye.

 

Yongeyeho ati “Umuganura iyo ubaye, tugomba kuvuga akamaro k’ibyo binyabuzima byaba ibyo mu butaka, ibyo mu kirere n’ ibyo mu mazi kuko bifatanya n’umuhinzi kugira ngo uwo musaruro uboneke.”

Dr Ange Imanishimwe asobanura uko n’ibinyabuzima byo mu mazi bigira uruhare mu musaruro no mu buzima bw’umuntu, avuga ko hari inyamaswa ziba mu mazi zijya zivanamo intungamubiri zikazagendera muri ya mazi igihe umuhinzi ari kuhira imyaka zikayigirira akamaro.

Atanga urugero na none ku gikeri aho ngo gishobora gutungwa n’imibu myinshi kikaba cyarinda ko imwe itera indwara yibasira umuhinzi.

Dr Imanishimwe akangurira abantu mu nzego zose ko bakwiye kwita no kurengera urusobe rw’ibinyabuzima bitabaye ngombwa ko hakurikizwa amategeko yashyiriweho kubirengera.

 

Umushinga BIOCOOR ushinzwe kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima mu nkengero za parike ya Nyungwe. Ufite intego zo gukorana n’ingo zigeze mu 9500, hakazabonekamo nibura abantu Ibihumu 50 bavuye mu Bihumbi bigera muri 72 by’abatuye muri iyi mirenge 3 yo mu nkengero za Parike ya Nyungwe.

Iyo mirenge ni Buruhukiro na Uwinkingi yo mu karere ka Nyamagabe ndetse n’umurenge wa Kivu wo mu karere ka Nyaruguru.

Uyu mushinga ufite intego ko nibura mu gihe cy’Imyaka ine abaturage uzakorana nabo bazaba bamaze guhindura imyumvire ku kigero cya 80% mu bijyanye no kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima.

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Munyanziza modeste 3 years ago
    Ndabona ryose tudakwiye kwikunda ngo twange ibindi binyabuzima kandi koko bidufatiye runini.





Inyarwanda BACKGROUND