RFL
Kigali

Turkey yemeje undi mushinga uhindura ingoro ya Chora-Kayire mo umusigiti

Yanditswe na: Christian Mukama
Taliki:22/08/2020 12:22
0


Kuri uyu wa gatanu nib wo guverinoma ya Turkey yongeye gushimangira umugambi wayo wo guhindura zimwe mu ngoro ndangamurage zikaba imisigiti. Tariki ya 21 Kanama nibwo iki gihugu cyemeje umushinga wuko ingoro ya Chora ihindurwa umusigiti. Ibi bibaye nyuma y’ukwezi Hagia Sophia na yo ihinduwe umusigiti



Ingoro ndangamurage ya Chora yubatswe ahagana mu kinyejana cya 4. Iyi yubatswe nk’ingoro ya kiriziya n’ubwami bw’aba- Byzantine (ubwami bw’abami bw’abanya-Roma bw’ uburasirazuba) bwari bufite umurwa mukuru nka Constantinople ari yo Istanbul y’ubu.

Iyi ngoro ya kiriziya ya Chora yaje guhindurwa umusigiti ubwo ingoma y’aba-Ottoman bigaruriraga umujyi wa Constantinople ari yo Istanbul ya none. Ukwigarurirwa kwa Constantinople kwabaye mu mwaka wa 1453, nuko ubwami bw’aba-Byzantine bw’abakirisitu busimburwa n’ubw’aba-Ottoman bw’ abayisiramu. Kuva mu mwaka wa 1934, perezida wa mbere wa Turkey yahinduye Hagia Sophia ingoro ndangamurage kubera yari ibumbatiye amateka y’amadini arenze abiri(Islam, Kiriziya Gatorika n’ aba-Orthodox ). 

Elpidophoros, arikopiskopi ndetse akaba n’umushumba w’icyubahiro w’idini ry’aba-Orthodox muri Amerika; binyuzeku rubuga rwe rwa Twitter yatangaje ko ihindurwa rya Chora ikaba umusigiti ari agahinda. Yakomeje agaragaza ko Turkey ikomeje kuca amatwi ikanirengagize ubusabe bw’umuryango mpuzamahanga ko yahagarika uyu mushinga.

Minisiteri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ubugereki, Nikolas Dendias yikomye iki gikorwa. Yatangaje ko ibi ari ukutubaha ahantu habumbatiye amateka Umuryango w’Abibumbye washyize ku rutonde rwawo. Ese ni uku kwikoma Turkey no kuyibwiriza ibyo yagakwiye n’ibyo itagakwiye gukora ntibya ari ugushaka kuvogera ubusugire no kwishyira ikizana kwayo? Aho byo ntibigiye gukongeza umwuka mubi uri hagati yayo n’ Ubufaransa ndetse n’Ubugereki?






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND