Ku wa kane, indwara ziterwa na coronavirus mu bihugu by’Uburayi zateje impungenge ariko Ishami ry’Umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS) rivuga ko uyu mugabane ugomba guhangana n’icyorezo utarinze gufunga burundu.
Mu gihe Ubutaliyani bwagize abantu 845 bashya banduye ku wa
kane, Ubufaransa bwatangaje ko bwagize abantu bashya banduye bangana na 4.700 Mu
gihe Espagne n’ubufaransa naho ubwandu buri kwiyongera buri munsi.
Ibintu biteye impungenge byagaragaye no mu Buhinde kuko
ubushakashatsi bushya bwagaragaje ko abantu barenga kimwe cya kane cy’abantu
miliyoni 20 ba Delhi bashobora kuba baranduye ariko nta bimenyetso baragaragaza.
Ku wa kane kandi , Uburusiya bwatangaje ko bugenda butera imbere hifashishijwe ibizamini ku bantu barenga 40.000 batangiye gukoresha urukingo ruzwi ku izina rya Sputnik V. OMS yavuze ko inzego z’ubuzima z’Uburayi zikwiye kwitegura guhangana na covid-19 hatabayeho gufunga burundu cyane cyane n’Abesipanyoli n’abataliyani.
Umuyobozi w'ishami rya OMS mu Burayi, Hans Kluge yagize ati: "Turashobora guhangana n’iyi virusi no gukomeza kuzamura ubukungu ndetse na gahunda y'uburezi ikora." Umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’Uburayi wavuze ko ku wa kane washoje ibiganiro n’uruganda rukora imiti mu Budage kugira ngo haboneke doses miliyoni 225 z’urukingo rushoboka.
Perezida w’Ubufaransa, Emmanuel Macron, yashimye ubufatanye
bw’ibihugu by’i Burayi kuri iki kibazo avuga ko afite ikizere ko urukingo
ruzaza ku rubuga rwa interineti mu mezi make ari imbere Ati: "Ibi ntabwo
bizakemura ibibazo mu byumweru bike biri imbere, ahubwo ni amezi make ari
imbere."
Icyakora, mu gihe urukingo rukomeje gutinda , guverinoma
zisigaye zigerageza kugenzura ikwirakwizwa rya virusi hubahirizwa ingamba zishingiye ku mibereho, akato, kubuza
ingendo no kubuza ubucuruzi.
Src: France 24
TANGA IGITECYEREZO