RFL
Kigali

Ikibazo cy’umunyezamu muri Mukura cyaba kigiye gukemuka?

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:20/08/2020 23:56
0


Nyuma yaho hagiye havugwa abanyezamu batandukanye bifuzwa n’ikipe ya Mukura, kuri ubu iyi kipe ibarizwa mu Majyepfo y’u Rwanda iri mu biganiro bigana ku musozo n’ikipe ya SC Kiyovu Sports ku munyezamu wabo ndetse n’ikipe y’igihugu Amavubi, Nzeyirwanda Djihad.



Mu mwaka w’imikino 2019/20 ikipe ya mukura yaranzwe n’ikibazo cy’abanyezamu twavuga ko umusaruro wabo wari ku rwego rwo hasi byanatumye iyi kipe itsindwa imikino itandukanye kandi igatsindwa ibitego byinshi.

Guhinduranya abazamu bose uko bari batatu ni byo byaranze umutoza mukuru wa Mukura Tony Hernandez kuko yaba Gerard Bikorimana, Regis ndetse na Edward bose benda kunganya imikino ibintu bidakunze kubaho ku banyezamu.

Nyuma yaho isoko ry’igura n’igurisha ritangiriye, Mukura ifite igikombe cy’Amahoro 2018, yagiye ivugwa ndetse inahuzwa n’abanyezamu batandukanye yifuzaga ko bayibera igisubizo mu izamu ryayo mu mwaka w’imikino ugiye kuza.

Mu bazamu twavugamo nka Bwanakweli Emmanuel, usanzwe ari umunyezamu wa Kiyovu Sports ndetse na Muhawenayo Gad wari umaze gutandukana n’ikipe ya Musanze fc ibarizwa mu majyaruguru y’u Rwanda, bose bagiye bavugwa ko bashobora kwerekeza mu kipe yambara umuhondo n’umukara.

Nyuma yaho ikipe ya Kiyovu Sports iguriye umunyezamu wa mbere w’ikipe y’igihugu Amavubi Kimenyi Yves, byahise bigaragaza ko Nzeyurwanda agomba kuba umunyezamu wa kabiri ibintu nawe atari yisimiye, byatumye Mukura itangira kubikurikiranira hafi.


Kimenyi Yves ubu ni we muzamu wa mbere wa Kiyovu sports 

Amakuru twamenye kandi yizewe ni uko ikipe ya Mukura izagura amasezerano Nzeyirwanda yari ashigaje muri Kiyovu Sports angana n’umwaka umwe ubundi babone amafaranga miliyino eshatu (3,000,000 RWF) mu gihe umunyezamu na we aziyumvikanira na Mukura Victory Sport.


Bwanakweli Emmanuel ubundi ni we Kiyovu Sports yashakaga utanga

Nzeyurwanda Djihard umwaka ushize w’imikino, yakinnye imikino 18 ya shampiyona ndetse anakina imikino y’igikombe cy’Amahoro yose kugera aho cyahagarikiwe. 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND