Umuraperi Kanye West yatangaje ko yifuza gukorana n’urubuga rwa Tik Tok hagakorwa Jesus Tok n’abakiristu bazibonamo, ni nyuma y’uko atishimiye ibikorerwa kuri uru rubuga.
Kuwa Mbere w’iki cyumweru Kanye West yavuze ko yifuza
gukorana bya hafi n’urubuga rwa Tik Tok maze hagakorwa Tik Tok yo mu bundi
buryo (Christian Version) abakiristu bazibonamo ikazitwa “Jesus Tok”.
Mu butumwa uyu muraperi aherutse kunyuza ku rukuta rwe
rwa Twitter yavuze ko atanyuzwe n’ubutumwa butandukanye bunyuzwa kuri uru
rubuga rwa Tik Tok. Ibi yabitangaje nyuma y’uko aherutse kureba ibishyirwa kuri
uru rubuga ari kumwe n’umukobwa we North w’imyaka 7 y’amavuko.
Kanye West avuga ko atishimiye ubutumwa bunyuzwa kuri Tik Tok
Uyu muraperi w’imyaka 43 y’amavuko uri no
kwiyamamariza kuba Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko nyuma yo
gutekereza ubundi buryo Tik Tok yakorwamo n’abakiristu bakayibonamo izina yayita
ryahise rimuzamo ni “Jesus Tok”.
Mu butumwa yanyujije ku rukuta rwe rwa Twitter yagize
ati:” Ubwo nari kumwe n’umukobwa wanjye tureba ubutumwa bushyirwa kuri Tik Tok, nkunda
ikoranabuhanga ariko nk’umubyeyi w’umukiristu ntabwo nashimishijwe n’ubutumwa
bushyirwa kuri uru rubuga”.
Mu bundi butumwa nabwo yagize ati: ”Turi kubisengera ko
bikunze twakorana na Tik Tok maze hagakorwa Tik Tok mu bundi buryo abakiristu bagenzura,
itahungabanya abana bato n’isi yose”. Kanye West yasoje agira ati:”Mu izina rya
Yesu, Amina”.
Uyu mugabo usibye kuba umuraperi n’umushoramari afite
gahunda ye y’amasengesho ayobora yitwa Sunday Service, kubera icyorezo cya Covid-19
yari yarahagaze ariko mu minsi micye ishize yongeye kuyasubukura muri leta ya
Wyoming aho n’umugore we Kim Kardashian nawe yari yayitabiriye.
Kanye West afite gahunda y'amasengesho yise Sunday Service
Mu minsi ishije amakuru
atandukanye yavugaga ko umwuka utari mwiza hagati ya Kanye West n'umugore we, gusa iminsi yakurikiyeho
amakuru yavugaga aba bombi umubano wabo uri kugaruka, ko ubu bameranye
neza.
Amakuru aherutse gutangazwa n’ikinyamakuru HollywoodLife
yavugaga ko aba bombi bameranye neza ubu kandi ko bahisemo kureka ibibazo
byabo ku bw’abana babo. Mu biganiro bagirana ngo byibanda gusa ku bana babo ngo
nta kintu cyahindutse hagati yabo.
Inkuru y’umubano wabo yatangiye kuvugwa cyane ubwo
yatangiraga kwiyamamaza, Kanye West yatangarije
abayoboke be uko yagerageje gukuramo inda y’umukobwa we North. Nyuma y’ibi uyu
mugabo yaje gushyira ubutumwa ku rukuta rwe rwa Twitter asaba imbabazi umugore
ku bwo kuvuga amabanga yabo ku karubanda.
Src: Fox Business
TANGA IGITECYEREZO