Abari kwandura coronavirus cyane muri Asia na Pasifika bari hagati y’imyaka 20, 30 na 40, hari impungenge ko ari bo bari kwanduza abashaje kuko bo nta bimenyetso bya virus bagaragaza.
Kuri uyu wa kabiri, Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku
Buzima OMS ryatangaje ko indwara ya Coronavirus mu bihugu bya Aziya na Pasifika
ubu iri gutwarwa n'abantu bari munsi y’imyaka 50 bashobora kuba batazi ko
banduye.
Uhagarariye OMS mu karere ka Pasifika y’iburengerazuba,
Takeshi Kasai, yabwiye abanyamakuru ko abantu bari munsi y’imyaka 50 bafite
ibimenyetso byoroheje cyangwa abandi ntabyo bafite kandi hariho impungenge y'uko
bashobora kwanduza abasaza n’abandi baturage batishoboye.
Kasai yagize ati: "Icyorezo cyahindutse, Abantu bafite
imyaka 20, 30 na 40 bari kugenda bandura kandi bikabije Tugomba kongera ingufu
mu guhagarika virusi mu baturage batishoboye.
Ibihugu bimwe na bimwe byagenzuye uko bahagaze - nka
Nouvelle-Zélande, Vietnam na Koreya y'Epfo – virus yabaye nshya bituma leta
zongera gufunga imiryango mu mijyi no gukaza amategeko agenga imibereho Ariko
Kasai yavuze ko koroshya ingamba bishimishije kuko byagabanije ingaruka
z’ubukungu n’imibereho y’abaturage.
Src: France 24
TANGA IGITECYEREZO