RFL
Kigali

Perezida Emmanuel Macron yasohokeye ku mazi bamwe bamushinja kwibagirwa ishingano abandi bamwita “Rambo” AMAFOTO

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:14/08/2020 18:35
0


Ibyishimo bigaragara mu buryo butandukanye, abenshi n’abakunzi babo cyangwa n’abagore babo bahitamo kujya ku mazi kwishimana no kwishimira ibyiza nyaburanga. Mu kwishimira mu mazi magari, ni gacye cyane uzasanga abakuru b’ibihugu babikora ariko Perezida w’u Bufaranda Emmanuel Macron n’umufasha we biyerekanye basohokeye ku mazi.



Amafoto mashya y’umuyobozi w’u Bufaransa n’umugore we, Brigitte, yerekana aba banyacyubahiro bari mu mazi mu byishimo. Brigitte w'imyaka 67 y'amavuko benshi bemeza ko ari gusatira imyaka y’izabukuru dore ko arusha hafi imyaka 20 umugabo we Emmanuel Macron, yari yambaye imyenda yo kogana ndetse n'ingofero y'izuba, bigaragara ko kandi bari mu bwato.

Summer holiday: Emmanuel Macron speaks to his wife Brigitte, 67, on a boat off the Mediterranean island of Porquerolles during the presidential couple's staycation in the South of France

Emmanuel Macron w’imyaka 42, nubwo yashakanye n’umugore umuruta cyane, we afatwa nk’umusore w’igikwerere cy’imyaka 42 y’amavuko. Si Macron wenyine ukunda gusohokera ku mazi, kuko na Minisitiri w’intebe w’u Bwongereza Boris Johnson hamwe n’umukunzi we Carrie Symonds n’umuhungu wabo muto  Wilfred nabo bajya babikora bagatemberera ku mazi bakoga.

In the driving seat: French president Emmanuel Macron takes a jet-ski ride in the South of France during a Mediterranean summer holiday while the country battles a potential second spike in coronavirus cases

Kuri ubu aba bombi bakaba bacumbitse i Fort de Bréwanon, inzu y’impeshyi y’abaperezida b’u Bufaransa kuva Charles de Gaulle yatangira kujya ahasohokera mu 1968. Bikekwa ko bahageze ku ya 30 Nyakanga 2020 mu kiruhuko cy’ibyumweru bitatu, kizarangira mu icyumweru gitaha.

Mu gihe Ubufaransa bukomeje gutangaza ko indwara ziterwa na coronavirus zigenda ziyongera, bamwe banenze icyemezo cya Perezida cyo kujya mu biruhuko, aho abantu bake basebya ifoto ye kuri Twitter, bamwita 'Rambo' cyangwa 'Mad Max' baza kurwanya icyorezo. 

  Looking ahead: Macron on the water as his government prepares to launch a police crackdown on non-compliance with mask and social distancing rules in France

Abakoresha urubuga rwa interineti batangiye gusebya Perezida bamwe bamwita ‘Rambo’ abandi bibaza impamvu yafashe akaruhuko muri ibi bihe igihugu cye n’Isi yose bihanganye na Coronavirus. Umwe yagize ati “Rambo wacu uri mu myitozo yo gukiza Isi”.


Src: Dailymail

  






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND