RFL
Kigali

U Bushinwa bwatangiye ubukangurambaga bwo kubuza abaturage gusigaza ibiryo ku isahane

Yanditswe na: Niyibizi Honoré Déogratias
Taliki:13/08/2020 11:11
0


U Bushinwa bwatangiye ubukangurambaga ku baturage babwo bubabuza kwirinda kumena ibiryo nyuma yaho bigaragaye ko ibiryo bimenwa ari byinshi kandi mu by'ukuri icyorezo cya Coronavirus cyahaye isomo rikomeye iki gihugu nk'uko perezida Xi Jinping yabitangaje.



Mu minsi ishize Perezida w'iki gihugu bwana Xi Jinping yatangaje ko ingano y’ibiryo abashinwa bari kumena iteye inkeke. Ibi bibaye nyuma yaho mu minsi ishize Amajyepfo y' u bushinwa yibasiwe n’umwuzure ukangiza ibiribwa byinshi byari bigeze igihe cyo gusarurwa.

Nyuma yaho iki gihugu gifashe izi ngamba ikinyamakuru Global Times kibogamiye kuri leta kivuga ko iyo myuzure itazateza ubucye bw'ibiribwa, ariko ko kumena ibiryo bikwiriye gufatwa nk'ikibazo gikomeye. Ibi bikaba byatumye ikigo gishinzwe kugemura ibiribwa cyo mu mujyi wa Wuhan cyasabye inzu z'uburiro (restaurants) kugabanya ingano y'ibiryo ziha abazigana bari mu matsinda.

Hakaba hafashwe ingamba ko mu gihe haje itsinda ry’abantu icumi bashaka ibiryo bagomba guhabwa amasahane 9 mu buryo bwo kwirinda ko barya bagasigaza.Ibi ariko bikaba byatumye benshi bavugako bishobora kuba imbogamizi kuko muri iki gihugu hari umuco umenyerewe wo gutumiza ibiryo byinshi kurusha ibikenewe.

Mu busanzwe mu gihugu cy’Ubushinwa kumara ibiryo ku isahani hari ubwo bifatwa nko kunenga abakiriye abantu ko ibyo babakirije bitari bihagije.

Ubu buryo bushya bwatangijwe bwo gukangurira abaturage bubushinwa kwirinda gusigaza ibiryo kw’isahane bwiswe “ N-1” ntibwashimishijwe abantu kuko bamwe batangiye kubinenga banyuze kumbuga nkoranya mbaga.Aho bamwe babunengaga bavugako ubu buryo buhutiyeho mbega bwihutiwe gufatwa.

Umwe mu baciye ku rubuga rwa weibo rukunda gukoreshwa cyane mu Bushinwa yagize ati: "Niba se umuntu agiye muri restaurant wenyine? Yatumiza amasahani angahe? Zeru?". Ni mu gihe abandi bo bavuze ko abantu barira muri za 'restaurants' atari bo basigaza ibiryo byinshi, ahubwo ko biba cyane mu birori byateguwe n’abayobozi.

Mu Bushinwa mu mwaka wa 2015 toni 17 na 18 z'ibiryo zaramenwe nk'uko Ikigo World Wide Fund for Nature, ishami ryo mu Bushinwa cyabitangaje.

Src:bbc

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND