RFL
Kigali

Ubushakashatsi: Dore ubwoko bw’abagabo bakurura abagore kurusha abandi

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:11/08/2020 19:44
0


Ntabwo ari bibi kuvuga ko abagore bakunda cyane abagabo n'ubwo habaho amahitamo atandukanye, umugore ashobora gukururwa na kamere y'umugabo gusa, atitaye ku kuntu asa neza cyangwa atameze neza gusa hari imbaraga zitagaragara zigena ibipimo byo guhitamo kwacu.



Ubushakashatsi bwakozwe na kaminuza ya Huazhong yo mu Bushinwa bugaragaza ko imico yerekanwe ifasha kumenya uburanga bwo mu maso, Ibintu byitwa "ingaruka za halo" aho ihame ari uko imico iranga umuntu igaragarira mu maso. Aha rero hari imiterere imwe n’imwe y’abagabo ikururira abagore cyane kubakunda bakabimariramo.

Umugabo ukunda gusetsa cyane: Urwenya rushobora kuba imbaraga zireshya, ku bazi kurukoresha neza mu buryo butagaragara, burya gusetsa ni umutungo wo kureshya udahabwa buri wese. Ntabwo bitangaje kuba abanyarwenya bazwi cyane bakundwa n’abagore beza cyane. Umugabo ukunda gusetsa aba intandaro y’ikigereranyo, abagore bamwe bashobora kwirukira.

Umugabo uzi gukunda akabishyira mu bikorwa: Wa mugabo uhora azanira utuntu umukunzi we, indabyo nziza, igihe cyose uri romantique, ni byo abagore baba bashaka, bashimishwa no kuba imbere y’umugabo uzi gukundwakaza, ufite ubwuzu no kubitaho cyane.

Umugabo w’umwizerwa: Abagore benshi batinya guhemukirwa n’abagabo ariko umugabo w’umwizerwa nta mugore utamukunda ndetse nta n’ibanga umugore yamuhisha uko ryaba rimeze kose bene uyu mugabo akundwa n’abagore by’indengakamere.

Umugabo w’intwari: Abagore barwanira gukundwa n’umugabo w’intwari ufite ibikorwa by’indashyikirwa yagezeho, ku buryo umugore wamenye ko umugabo runaka ari umunyabwenge, ari intwari ndetse ko hari aho yabashije kugera kubera ibikorwa bye, akora uko ashoboye kose uwo mugabo akamukunda.

Src: santeplusmag.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND