RFL
Kigali

Ubudage: Umwe mu bahoze barinda inkambi y’Abanazi yahamijwe ubufatanyacyaha mu byaha 5,232

Yanditswe na: Soter Dusabimana
Taliki:24/07/2020 14:53
0


Bruno Dey umugabo w’imyaka 93 y’amavuko umwe mu bahoze barinda inkambi y’Abanazi yakusanyirizwagamo Abayahudi, yagejejwe imbere y’urukiko mu mujyi wa Hamburg mu Budage kuri uyu wa Kane aho akurikiranweho ubufatanyacyaha mu rupfu rw’abayahudi bagera kuri 5,230 bari mu nkambi ya Stutthof.



Urukiko rwo mu mugi wa Hamburg rwahamije ko Bruno Dey wahoze mu barinzi barindaga inkambi ya Stutthof yashyirwagamo Abayahudi, ahamwa n'icyaha mu bufatanyacyaha mu byaha bitandukanye bigera 5,232 byakorewe muri iyi nkambi byatwaye ubuzima bw’abayahudi bagera ku 5,232 hagati y’umwaka 1944-1945. Uyu mugabo yakoze muri iyi nkambi nk’umurinzi mu mezi ya nyuma y’intambara ya kabiri y’isi.

Hamburg

Bruno dey
Bruno Dey yagejejwe mu rukiko ari mu kagare

Nyuma yo guhamwa mu bufatanyacyaha mu byaha bitandukanye urukiko rwa Hamburg rwakatiye uyu mugabo w’imyaka 93 y’amavuko igifungo cy’imyaka 2 y'agateganyo. Uyu mugabo kandi urukiko rwamuhamije ubufanyacyaha mu cyaha kimwe cy’ubwicanyi.

Uyu mugabo yaburanishijwe mu rukiko ruburanisha imanza z’abatarageza imyaka y’ubukure (Juvenile Court) kubera ko yari afite imyaka 17 gusa y’amavuko, akaba yaruzuje imyaka 18 ifatwa nk’imyaka y’ubukure nyuma y’uko atangiye gukora muri iyi nkambi ya Stutthof. Ubushinjacyaha bwamusabiye igifungo cy’imyaka 3 ariko abamwunganira mu mategeko bagaragaje ko hari bimwe mu byaha bitamuhama.

Trial
Mu rukiko uyu mugabo yagaragaye yikinze mu maso

Iburanisha rwabereye mu rukiko hakurikizwa amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19. Bruno Dey yageze imbere y’urukiko mu kagare kifashushwa n’abafite ubumuga. Mu rukiko uyu mugabo yafashe umwanya asaba imbabazi kubera uruhare yagize mu byaha bitandukanye byakozwe n’Abanazi. Yakomeje avuga ko ibi byabaye bitagakwiye kongera kubaho ukundi. Mu magambo ye yongeye agira ati:”Ndasaba imbabazi abantu bose banyuze muri ibi bikorwa by’ubunyamaswa”.

Ubushinjacyaha byagaragaje ko nubwo uyu mugabo atari ari muri bamwe mu bagenderaga ku matwara y’Abanazi, ariko nk'uwari umurinzi yabaye umufatanyacyaha mu bwicanyi bwabaye hagati ya kanama 1944 kugeza muri Mata 1945.

Dey yabwiye urukiko ko akazi ke yari ashinzwe nk’umurinzi, kari ugucunga abakozi ubwo babaga bari gukorera akazi kabo hanze y’iyi nkambi. Uyu mugabo mu rukiko yemeye ko ubwo yabaga ari ku burinzi yumvaga imiborogo y’abantu mu byuma bishyiragamo gaze, akanabona bamwe mu bakoraga muri iyi nkambi yatwara imirambo bakajya kuyitwika. Dey mu gukomeza kwiregura yavuze ko nta na rimwe yigeze akoresha intwaro ye mu kugira uwo avutsa ubuzima.

Uyu mugabo mu rukiko yakomeje avuga ko amashusho ateye ubwoba y’ibyo yabonye muri iyi nkambi yakoraga mo yahoraga amujyendaho ubuzima bwe bwose. Muri iyi kambi ya Stutthof yapfiriyemo, inicirwamo abayahudi barenga 60,000. Abashinjacyaha bavuze ko umubare munini w’abaguye muri iyi nkambi bapfuye barashwe ku gice cy’inyuma ku mutwe abandi bakicishwa gaze yo mu bwoko bwa Zkylon B bakanahatirwa gusohoka hanze mu bukonje bukabije nta myenda bambaye. 

Camp 

Camp

Stutthof

Inkambi ya Stutthof yaguyemo Abayahudi barenga 60,000

Muri uru rukiko kandi hari bamwe mubahagarariye abagera kuri 40 barokokeye muri iyi nkambi aho bari bazanye na bamwe mu bagize imiryango yabo, aho batangaje ko bemeranijwe n’imyanzuro y’urukiko kandi ko batigeze basaba ko igihano cyahawe uyu mugabo cyongerwa, ko bemeranya ku gihano cyatanzwe n’ubushinjacyaha.

Uru rubanza ry’uyu mugabo rwatangiye mu kwakira umwaka ushize. Mu cyumweru gishize kandi hari urundi rubanza rw’umwe mu barinzi barindaga iyi nkambi ya Stutthof w’imyaka 95 y’amavuko, ibiro  bw’ubushinjacyaha mu gihugu cy’u Budage byatangaje ko hakomeje gukorwa iperereza ku byaha bitandukanye byakozwe n’Abanazi.

 

Src: Euro News & The Independent

    





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND