RFL
Kigali

Burya abagabo baca inyuma abo bashakanye si uko batabakunda, dore impamvu

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:16/07/2020 13:40
0


“Abagabo bose ni abahemu ndetse si abizerwa, ntibajya bavugisha ukuri”. Aya magambo akunda gukoreshwa cyane ariko byanze bikunze ntabwo ari ukuri. Nubwo hari ubwo abagabo bahemukira abo bashakanye hari n’abagore babikora nubwo bidakunze kuvugwa.



Mu ntangiriro z’urukundo, abafatanyabikorwa barizerana ku buryo igitekerezo cy’ubuhemu kidashobora kuza mu bwenge bwabo kuko umwe aba yibwira ati “mugenzi wanjye ntashobora kumpemukira”, ariko uko iminsi igenda yicuma niko umuntu atangira kubona ibyo atateganyaga, mugenzi we agatangira kumuhemukira n'ubwo impamvu ziba zitandukanye.

Aha rero abahanga mu by’imibanire y’abantu bagerageje kurebera hamwe impamvu zituma umugabo ashobora guhemukira uwo bashakanye ariko atamwanze:

Impamvu ya mbere ni ukuba umugabo atagira ikinyabupfura ariko akunda umugore we: Burya guhemukira uwo mwashakanye ntibivuze ko umwanga, niba utekereza ko umugabo uhemukira umugore we aba atamukunda ntabwo ari byo, ubuhemu bushobora kuba kimwe mu biterwa no kutagira ikinyabupfura no kutihangana bigatuma ahemukira mugenzi we ariko nta rwango rurimo.

Kuba umugabo akunda imibonano mpuzabitsina cyane: Hari abagabo bumva ko bakeneye undi muntu wo gufasha mu gihe bafasha neza abagore babo, si uko banze abo bashakanye ahubwo ni kamere, aba yumva yanezeranwa n’umugore we ariko akaba ashaka no kugira undi ku ruhande ku buryo umugore we atabimenya, gusa biba bibi iyo hari umuntu ubibwiye umugore we akabimenya ariko ubundi hari abagabo bitereye gutya.

Kuba umugabo atifuza guhoza ku nkeke umugore we: Hari umugabo ujya mu bandi bagore kubera gutinya ko umugore amwinuba buri kanya, akajya gushaka uri bumukemurire ikibazo hanze ariko umugore we agakomeza kumubona nk’umwizerwa kandi ari uko afite abamufasha guhaza irari rye hanze, muri make bene uyu mugabo nabwo aba ashaka kwereka umugore we ko akunda imibonano mpuzabitsina by’indengakamere bigatuma amuhemukira muri ubwo buryo ariko atamwanga.

Kuba umugabo azi neza ko umugore we amukunda cyane ndetse ko agira imbabazi nyinshi: Iyo umugabo azi neza amarangamutima y’umugore we ndetse akaba azi ko icyo yakora cyose umugore yamubabarira, bishobora gutuma umugabo amuhemukira akamuca inyuma kuko azi neza ko nagaruka umugore atari bumurakarire cyangwa ngo amute ahubwo akamubabarira.

Src: Parled’amour.fr






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND