Kuri uyu wa kabiri, Kenya yatangaje ko uyu mwaka w’amashuri wa 2020 wabaye impfabusa kubera icyorezo cya coronavirus, abanyeshuri bo mu mashuri abanza n'ayisumbuye bazasubira mu ishuri muri Mutarama umwaka utaha wa 2021.
Umwaka w'amashuri mu gihugu cya Afurika y'Iburasirazuba
utangira kuva muri Mutarama kugeza mu Gushyingo, Ariko Minisitiri w’uburezi,
George Magoha, mu ijambo rye yavuze ko biteganijwe ko coronavirus ishobora
ugabanuka mu Kuboza akaba ari nayo mpamvu yavuze ko amashuri azatangira muri
Mutarama umwaka utaha.
Ati: "Kubera iyo mpamvu, nta bizamini by'amashuri
abanza n'ayisumbuye bizakorwa " umwaka w'ingengabihe y'amashuri wa 2020
uzafatwa nk'uwabaye imfabusa kubera COVID-19 ".
Ku ya 15 Werurwe, nibwo Kenya yafunze amashuri ubwo yari ifite abantu 3 banduye , mu ngamba
zafashwe muri uko kwezi zirimo isaha yo gutaha nijoro yo kurwanya ikwirakwizwa
rya virusi.
Kuri uyu wa mbere, Perezida Uhuru Kenyatta yatangaje ko
igihugu kigiye konger gufungura aho
indege mpuzamahanga zizasubukurwa ku ya 1 Kanama ndetse no gukuraho inzitizi
z’ingendo z’imbere mu gihugu zari zimaze amezi ane zidakora.
Icyakora, abantu barimo kwiyongera, aho havuzwe ko abantu
barenga 8000 banduye ndetse hagapfa abagera ku 164, Magoha yagize ati:
"Kubera guhangana n’iki cyorezo, ibigo byose by’uburezi by’ibanze zizafungura
muri Mutarama 2021"."Ibi bishingiye ku gitekerezo cy'uko umurongo wo
kwandura uzaba woroshye bitarenze mu Kuboza 2020."Ibyemezo "bizareba
abana bose.
Ku ikubitiro Kenya yari yarateguye gufungura amashuri muri
Nzeri ku bari mu myaka yabo ya nyuma y'amashuri abanza n'ayisumbuye kugira ngo
babemere gukora ibizamini, icyakora umubare w'ubwiyongere bukabije watumye iyi
gahunda ihagarikwa.
Src: AFP
TANGA IGITECYEREZO