RFL
Kigali

Mfitumukiza Obed yasohoye indirimbo 'Urabaruta' yashibutse ku igeragezwa rya Yobu-YUMVE

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:4/07/2020 20:34
0


Umuhanzi Mfitumukiza Obed usengera mu Itorero rya AEBR Kacyiru, yashyize hanze indirimbo nshya yise 'Urabaruta' yanditse amaze gusoma inkuru y'igeragezwa ry'umugaragu w'Imana witwa Yobu ubwo yarwaraga imiryango ye n'amatungo bikamushiraho ariko agakomeza kunamba ku Mana.



Mfitumukiza Obed yavuze ko iyi ndirimbo ye nshya yayanditse mu mpera z'umwaka wa 2019 mu kwezi kwa 11 ubwo yari mu nzira avuye ku ishuri. Mu kiganiro na INYARWANDA, yavuze uko yagize igitekerezo cyo kwandika iyi ndirimbo, ati "Ni indirimbo nanditse maze gusoma igeragezwa ry'umugaragu w'Imana Yobu. Ubwo yarwaraga imiryango ye n'amatungo bikamushiraho, ndetse n'inshuti zikamuvaho ariko akomeza kwiringira Imana".

Ati "Imana ikomeza kubana na we kugeza ubwo yamukijije ikamushumbusha ibyo yari yarabuze mbere. Aho ni ho nakuye iki gihangano: Uwiteka Urabaruta". Yavuze ko nyuma y'iyi ndirimbo ye yashyize hanze, hari ibindi bihangano bishya yiteguye kugeza ku bakunzi b'umuziki. Ati "Nyuma ya Urabaruta, abantu mukurikirina inyarwanda ndababwira ko mugiye kubona ibindi bihangano bishya Uwiteka akomeje gushyira ku mutima wanjye ngo tubisangire".


Obed Mfitumukiza yateguje abakunzi b'umuziki indirimbo nshya kandi nyinshi

UMVA HANO 'URABARUTA' INDIRIMBO NSHYA YA MFITUMUKIZA OBED







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND