Umuyobozi w’akarere ka Nyanza Ntazinda Erasme yavuze ko impamvu ikipe ya Nyanza FC itarongera kugaruka mu ruhando rwa Ruhago nk’uko byari byitezwe ifitanye isano n’ingengabihe y’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA).
Mu
kwezi kwa Karindwi kwa 2019, meya Ntazinda yari yijeje ko ikipe ya Nyanza FC izagaragara muri shampiyona
y’umupira w’amaguru ya 2019/2020 ariko siko byagenze.
Mu
kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa 2 Nyakanga 2020, meya w’Akarere ka Nyanza
Ntazinda Erasme yavuze ko ingengabihe ya FERWAFA iri mu mpamvu zatumye
bitagerwaho ariko yemeza ko n’ubu iyo dosiye igihari.
Yagize
ati “Impamvu yambere yaturutse ku ngengabihe ya FERWAFA, Abanyenyanza bari
bandikishije ikipe ya Nyanza FC muri FERWAFA biza kubusana na karandiriye FERWAFA
igira cyane cyane y’inteko rusange. Shampiyona yagombaga gutangira mu kwezi kwa
10, inteko rusanjye izaba ari mukwa 12 kandi byagombaga kwemezwa mbere ko
ijyamo.
Yakomeje
agira ati “N’uyu munsi inteko rusange ya FERWAFA ntiraba ariko ubusabe buriyo
igihe izabera ikipe izabaho.”
Nyanza FC yahoze ari ikipe ikomeye muri shampiyona y’icyiciro cya
mbere, igenda isubira inyuma buhoro buhoro bitewe n’uko ibyakayifashije byahabwaga
mukuru wayo Rayon Sports, nayo yavukiye muri aka karere n’ubwo itakikabarizwamo.
Muri 2013 ubwo Rayon Sports
yavanwaga i Kigali igasubizwa ku ivuko muri aka Karere ka Nyanza, Nyanza FC yahise
iseswa. Mu ntangiriro za shampiyona ya 2015/2016 Rayon Sports yahise isubizwa
mu Mujyi wa Kigali, maze i Nyanza hasigara icyuho hatagira ikipe.
Nyuma yo kubona ko hari impano ziharenganira bitewe n’uko zitozwa
ariko hakabura aho kuzizamurira, muri 2017 ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza
bwandikiye Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) buyisaba ko
Nyanza FC yakongera kwandikwa ku rutonde rw’amakipe akina shampiyona y’icyiciro
cya kabiri.
Siporo
y’ubukerarugendo izakoresha inzira zigeze kuri Eshatu z’abanyamaguru aka karere
gafite zemejwe ku rwego mpuzamahanga n’izindi bateganya kubaka guhera muri uku kwezi
kwa Nyakanga ku bufatanye n’abafatanyabikorwa.
TANGA IGITECYEREZO