RFL
Kigali

Katy Perry yatangaje uko mu 2017 yagerageje kwiyahura kubera ibibazo bitandukanye yahuye nabyo

Yanditswe na: Editor
Taliki:1/07/2020 16:59
0


Katheryn Elizabeth Hudson mu mazina y’ubuhanzi uzwi nka Katy Perry mu kiganiro aherutse kugirana na Radiyo y’abanyakanada yitwa SiriusXM CBC, yatangaje ubuzima bugoranye yanyuzemo mu 2017 ubwo yari amaze gutandukana n’umukunzi we ndetse no kuba Album ye itaraguzwe nk'uko yabiteganyaga umuziki we ugasubira inyuma.



Uyu muhanzikazi hamwe n’umukunzi we mu minsi micye bari kwitegura kwibaruka imfura yabo. Katy Perry n’umukunzi we Orlando Bloom wamenyekanye muri filime yitwa “Lord of the Rings” urukundo rwabo rwatangiye mu mwaka wa 2016 ubwo aba bombi bahuriraga mu birori bya Golden Globe, nyuma yo kumara umwaka wose mu munyenga w’urukundo aba bombi baje gutandukana.

Umwaka ushize wa 2019 ku munsi w’abakundana (Saint Valentin) ni bwo amakuru yaje kumenyekana ko bongeye gusubirana ubwo Orlando yateraga ivi asaba Katy Perry kuzamubera umugore. Mu kiganiro Katy Perry yagiranye na radiyo y’abanyakanada yatangaje ubuzima bugoranye yanyuzemo kubera ibibazo byinshi yanyuzemo bijyanye n’ubuzima bwe bwite n’umwuga we w’ubuhanzi, aho yavuzeko byageze naho atekereza kwiyambura ubuzima.


Katy Perry n’umukunzi we Orlando Bloom

Katy Perry ubwo yaganiraga n'iyi radiyo yavuze ko mu myaka yashize umwuga we wazamukaga mu buryo bushimishije nyuma nibwo yaje guhura n’ibibazo bitandukanye maze umwuga we ujyenda usubira inyuma cyane, avuga ko ibyo byose bitatewe n’ibibazo biturutse hanze. Akomeza avuga ko kuri we ibyamubayeho ari agahomamunwa.

Mu magambo ye yakomeje agira ati:”Nari naritakarije icyizere cyane, byaranshenguye cyane. Natandukanye n’umukunzi wanjye ubu ugiye kuba se w’umwana wanjye nyuma naje gushimishwa no guhindura ubuzima. Nubwo ibyambayeho bitangizeho ingaruka cyane ariko byaranshenguye".


Katy Perry aritegura kwibaruka imfura ye

Yakomeje avuga ko kwishimira ubuzima yari abayemo cyangwa kwiyakira, ari bimwe mu byamufashije gutabara ubuzima bwe. Akomeza avuga ko ibyo yanyuzemo byose kugira icyizere nabyo ari kimwe mu byamufashije kuva mu bibazo yari arimo kandi ko ibibazo yanyuzemo byamufashije guhindura ubuzima bwe mu buryo butandukanye.

Si ubwa mbere Katy Kerry avuze ibijyanye n’ubuzima bwe byo mu mutwe (Mental Health), dore nko muri Mutarama uyu mwaka mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru Vogue India, yatangaje ko yari amaze igihe kinini afite ikibazo cy’agahinda gakabije ibizwi nka Depression aho yakomeje avuga ko umwaka wa 2017 ndetse na 2018 ari imyaka yamugoye cyane.

Src: The Independent

Umwanditsi: Soter DUSABIMANA-InyaRwanda.com

       






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND