RFL
Kigali

Ibimenyetso bikwereka ko umugore wawe atari umwizerwa

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:25/06/2020 12:51
0


Ubuhemu, ni kimwe mu bitera ibibazo by’abashakanye Kandi nubwo akenshi ari abagabo badashoboye kugenzura ibyifuzo byabo ndetse bakaba bashobora gushuka abo bashakanye, abagore na bo bakunda guhemukira abagabo babo ariko ntibivugwe kuko ahanini bazwei nk’abanyantege nke



Nubwo bamwe mu bagore batari abizerwa ndetse b’abahemu bakunze guhisha ingeso zabo biracyashoboka ko umugore wawe wamuvumbura bitewe n’ibimenyetso bimwe na bimwe

Ese ni gute ushobora kumenya umugore utari umwizerwa ?

Asigaye akunda guhisha telephone ye: Birahagije ko yumva uhari gusa, telephone ye ahita ayizimya cyangwa se akayishyira muri silencieux kugirango hataza kugira umwe mu nshuti ze nhya umuhamagara muri kumwe, Ikindi kandi ntashobora kugusaba kumusomer ubutumwa bugufi mu gihe we ahuze, ibi bizakwereka ko hari ikintu agukinga

Ibitekerezo bye bihora kure: niba usigaye ubona ko umukunzi wawe ahari adahari mbese ibitekerezo bye bitari hafi, umuvugisha ntakumve ndetse akaba atakikwitaho nka mbere, uzabigenzure neza ashobora kuba hari undi atekereza

Buri gihe akubaza gahunda yawe y’umunsi uko iteye: Mu gihe umukunzi wawe atangiye gushishikazwa no kukubaza gahunda zawe za buri munsi , utangire ushyiremo akabazo kuko akenshi aba ashaka kumenya gahunda zawe, kugirango yirinde ko zakomatana n’ize mu gihe avuye mu rugo cyangwa se afitanye gahunda n’undi mugabo

Akunda kukubwira ati "uriya ni inshuti isanzwe”: Mu magambo ye akenshi yirwanaho igihe cyose uvuze umuntu runaka badahuje igitsina. Iyo yumvise ko ibyo bigutera gushidikanya mu rugo rwawe, ahita akubwira ko ari inshuti gusa. Witondere uku kumenyana gushya n’abant badahuje igitsina cyangwa uwo yita inshuti  isanzwe kuko arashobora rwose kuba ari umukunzi we mushya !

Ntashishikajwe no kuguha ibisobanuro ku byabaye: Niba mbere umukunzi wawe yafataga umwanya wo kuvugana nawe agashyiraho ingufu kugirango umwumve cyangwa aguhe ibisobanuro, none ibyo bikaba bitakibaho ahubwo arakwihorera gusa kuko adashishikaje nawe, Izi ni reaction zisanzwe z’umugore utari umwizerwa ushaka gusiga mugenzi we.

Ntakikwitayeho: ubusanzwe yajyaga aguhamagara akubaza impamvu watinze gutaha, ubundi agahora agucokoza ngo yumve uko umeze ariko ubu ntagishishikajwe na byo ndetse ntiyishimira gusangira nawe,igikorwa cy’abashakanye ntagishishikajwe na cyo ndetse rwose usigaye ubona ko agufata nka mugenzi we usanzwe, aha uzashishoze neza ashobora kuba afite umuntu wamutwaye ibitekerezo

Src: parledamour.fr

 

 

 

 

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND