Abashinzwe gutegura Shampiyona y’icyiciro cya Mbere mu Bwongereza, Premier League, bemeje ko amazina y’abakinnyi aba ari ku myambaro yabo mu mugongo, agiye gusimbuzwa ijambo ‘Black Lives Matter’ mu mikino 12 ibanza ubwo izaba isubukuwe guhera mu cyumweru gitaha, mu rwego rwo kurwanya ivangura ribakorerwa.
Ubuyobozi
bwa Premier League bwatangaje ko Abakinnyi bakina muri Premier League ubwabo, batanze
icyifuzo cy’uko ijambo ‘Black Lives Matter’ ryaba ari ryo ryandikwa ku mipira
yabo, ahabaga handitse amazina yabo.
Itangazo
ryashyizwe ahagaragara n’Ishyirahamwe ry’Abakinnyi babigize umwuga muri Premier
League rigira riti “Twe, abakinnyi, twishyize hamwe dufite intego imwe yo
kurandura irondaruhu rimaze iminsi rihari”.
Premier
League yatangaje ko kandi izashyigikira umukinnyi uzahitamo gupfukama haba
mbere cyangwa mu gihe cy’umukino mu rwego rwo kuzirikana urupfu rwa Floyd no
kurwanya irondaruhu rikorerwa abirabura.
Iki
ni ikimenyetso cyo guha icyubahiro umwirabura George Floyd, wishwe n’umupolisi
amutsikamije ivi ku ijosi kugeza ashizemo umwuka, muri Leta Zunze Ubumwe za
Amerika.
Amakipe
yose uko ari 20 akina Premier League yatanze ubutumwa bugira buti ”abantu bose ni
bamwe, bakwiye icyubahiro ndetse bafite amahirwe angana muri byose hatitawe ku
ibara ry’uruhu cyangwa imyizerere”.
Ibi
bizatangira gukorwa mu mukino ibiri y’ibirarane iteganyijwe tariki ya 17 Kamena
2020, aho Manchester City izakina na Arsenal, ndetse n’umukino Aston Villa
izakina na Sheffield United, bikomeze no ku yindi mikino 10 yo ku munsi wa 30,
izakinwa hagati yo kuwa gatanu tariki 19, no kuwa mbere tariki 22 Kamena 2020.
Ibi
bikazakorwa mu rwego rwo kwerekana uruhare rwabo mu kurwanya ivangura
n’ihohoterwa rikorerwa abirabura ku isi.
TANGA IGITECYEREZO