Komisiyo y’imyitwarire mu Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), yemeje ko Kiyovu Sport yahagaritse gukurikirana ikirego yaregagamo ikipe ya AS Kigali gusinyisha rutahizamu wayo Armel Ghislain binyuranyije n’amategeko kuko yari akiyifitiye amasezerano.
Mu
Ukuboza 2019, ni bwo ubuyobozi bwa Kiyovu Sport bwareze ikipe ya As Kigali FC,
buyishinja kuganiriza no gusinyisha Armel Ghislain wari ugifite amasezerano y’umwaka
muri Kiyovu Sports.
Kiyovu
yareze AS Kigali kwica nkana amategeko agenga igura n’igurisha ry’abakinnyi,
aho bavugaga ko basinyishije umukinnyi mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Kuri
uyu wa Kabiri tariki 09/06/2020, ni bwo akanama gashinzwe imyitwarire muri
FERWAFA kateranye ndetse kanatangaza imyanzuro kuri iki kibazo, aho kaje no
kumenyesha na Kiyovu Sports ko ihagaritse gukurikirana iki kibazo, kuko bicaye
bakagikemura, nyuma y’aho AS Kigali isabiye imbabazi.
Kugeza
magingo aya Ghislain Armel, akaba yaramaze no kongera amasezerano y’umwaka umwe
muri iyi kipe azamugeza muri 2022 akinira ikipe y’Urucaca.
TANGA IGITECYEREZO