Umuhanzi w’Icyamamare ku Isi, Lil Wayne, yatunguye benshi ubwo yatangaza ko ababona ko abapolisi b’Abazungu ari abagome muri Amerika baba bibeshye kuko yemera ko yatabawe nabo ubwo yari agiye gupfa mu gihe yaraswaga afite imyaka 12 y’amavuko.
Lil
Wayne yateje impaka ubwo yaganiraga ku
rupfu rwa George Floyd rwatewe n'abapolisi. Mu kiganiro yagiranye n’inshiti ze kuri Instagram mu cyumweru gishize yatangaje byinshi bishimangira ko hatagira unenga igipolosi cy’Abazungu
gikorera muri Amerika, anashima uburyo
cyamurokoye akiri muto gusa abenshi ntibabyumvise kimwe kuko bamufashe nk’uwirengagije
uko Abirabura batotozwa baraswa bakanafungwa bya hato na hato.
Lil Wayne muri icyo
kiganiro nk’uko tubikesha ibinyamakuru bitandukanye birimo na Yahoo, yagize ati: "Tugomba
guhagarika gushyira amakosa ku mbaraga zose no ku bantu bose cyangwa ubwoko
runaka cyangwa Abapolisi bose. Tugomba rwose kwinjira mu muntu uwo ari we. Niba
kandi dushaka gushinja umupolisi uwo ari
we wese, byagombye kuba ubwacu kuba tutarakoze ibirenze ibyo twibwira ko dukora.
”
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu, Lil Wayne yongeye kandi
gusembura abantu mu magambo atanenga Polisi ku ruhare igira mu guhonyora
Abirabura mu buryo butandukanye. Ibi noneho Lil
ni ibitekerezo yanyujije kuri radiyo ye ya Young Money
anakoMoza ku gihe yakijijwe n’Umupolosi w’Umuzungu mu gihe habura gato ngo Apfe.
Lil Wayne yagize ati “Ndashaka gukora ku kintu runaka. Na none kandi, ku bitekerezo byose bivuga uko mbyumva. Ugomba kubyumva rero, ufite kumva uburyo mbona abapolisi, igihe Nakijijwe n'umupolisi w’Umuzungu hari agatsiko k'abapolisi b'Abirabura basimbutse hejuru ntibanTabare kandi babona ko mfite ibikomere mu gatuza.
Abo bapolisi b'abirabura baransimbutse
barigendera, nari nkeneye kugera mu
bitaro icyo gihe umupolisi w’Umuzungu ntabwo yategereje imodoka y’imbangukira
gutabara (ambulance), yafashe imodoka ye
yatumye umuntu uyitwara w’umushoferi njyanwa kwa muganga kandi nabayeho. ”
Imyitwarire ya Lil Wayne muri iyi nkuru ye yatangaje abenshi ntibayifashe neza na gato aho bemeza ko yirengagije byinshi bikorwa n’abapolisi b’abazungu bakabikorera abirabura. Dr. Dre wari umushyitsi mu gitaramo cya Weezy mu cyumweru gishize avuga ku mpamvu atekereza ko imyigaragambyo yabaye nyuma y'urupfu rwa Floyd izatera impinduka abirabura bakabona ubuvugizi bwuzuye.
Dwayne
Michael Carter, Jr. wamamaye nka Lil Wayne muri muzika, avuga ko abantu bakeneye kumva neza ibibazo no kubona amakuru yose ajyanye na byo mbere
yo kujya mu mihanda muri ubwo buryo bigaragambya.
TANGA IGITECYEREZO