Abayobozi bo muri Etiyopiya bavuze ko abakobwa barenga 100 bafashwe ku ngufu kandi bakavurirwa mu murwa mukuru, Addis Ababa, kuva icyorezo cya Covid-19 cyatangira, nk'uko televiziyo ya Walta yigenga yabitangaje.
Umuyobozi w'ikigo gishinzwe ibibazo by'abagore n'abana muri
Addis Abeba, Almaz Abraham, yavuze ko ihohoterwa rishingiye ku gitsina
ryiyongera kuko amashuri yari yarafunzwe kugira ngo hatabaho ikwirakwira ry’icyorezo cya coronavirus.
Ati: “Abakobwa ijana n’umwe bafashwe ku ngufu mu mezi abiri
ashize nyuma y’icyorezo cya Covid-19, Abagabo bafite imyitarire mibi
itandukanye hanze y'urugo rwabo ubu babakoreraga ibya mfurambi kuko bari muri
gahunda ya guma mu rugo ".
Impamvu ifatika igaragara nuko mu bihe bisanzwe nta birego nk’ibi
bikabijetwigeze tubona ariko aho icyorezo cyaziye abana barahohotewe bikabije.
Ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorerwa abagore muri Etiyopiya ni rusange
kuko aUbushakashatsi bwakozwe mu mwaka wa 2012 bwerekanye ko "nta
gushidikanya ko gufata ku ngufu ari kimwe mu byaha byogeye muri Etiyopiya,
kandi bituruka ku mikorere idahwitse y’inzego zinyuranye mu nzego z’ubutabera
mpanabyaha, n'“umuco wimbitse wo guceceka.
Src: The guardian.com
TANGA IGITECYEREZO