RFL
Kigali

Twizerimana Martin Fabrice yateye umugongo Kiyovu Sports yerekeza muri Police FC

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:25/05/2020 21:10
0


Martin Fabrice ukina mu kibuga hagati wari umaze umwaka akinira Kiyovu Sports, yayisohotsemo nyuma yo kutumvikana n’ubuyobozi bw’iyi kipe ku mafaranga agomba guhabwa yo kumuha ngo yemere gusinya amasezerano mashya ‘recruitment’ , yahisemo kwerekeza mu ikipe y’igipolisi cy’u Rwanda ‘Police FC’ aho yasinye amasezerano y’imyaka 2.



Martin Fabrice witwaye neza mu mwaka w’imikino wa 2019/20 muri Kiyovu Sports, nyuma yo gusoza amasezerano ye uyu mwaka, yavuzwe mu makipe atandukanye ya hano mu Rwanda harimo no gusubira muri APR FC, ndetse no mu gihugu cya Tanzania.

Nyuma yuko uyu mukinnyi yicaranye n’ubuyobozi bwa Kiyovu Sports ngo baganire kuhazaza he muri iyi kipe, yabasabye ko kugira ngo yongere amasezerano ari uko bamuha Miliyoni 10 z’amanyarwanda agasinya imyaka ibiri, gusa ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bumwemerera Miliyoni esheshatu, bituma impande zombi zitumvikana.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere nibwo amafoto yagiye hanze agaragaza Martin Fabrice asinyira ikipe ya Police FC yamwemereye ibyo yashakaga, nawe ayisinyira imyaka ibiri ajya gufasha Munyakazi Yussuf mu kibuga hagati ha Police FC.

Nyuma yo kugura myugariro w’iburyo bakuye muri Rayon Sports FC, Iradukunda Eric bakunda kwita Radu, Twizeyimana Martin Fabrice nawe yari ku muryango winjira muri iyi kipe ishaka guhindura amateka yayiranze mu myaka yatambutse muri shampiyona yo mu Rwanda, aho ishaka byibura igikombe kimwe mu bikinirwa mu Rwanda.

Martin, akaba yasinyiye ikipe ya Police FC amasezerano y’imyaka ibiri izamugeza muri 2022 akinira iyi kipe y’igipolisi cy’u Rwanda, ikaba ikomeje kwiyubaka mu mpande zose yitegura umwaka utaha w’imikino wa 2020/21.


Martin Fabrice yasinye amasezerano y'imyaka ibiri muri Police FC


Martin Fabrice yamaze gusohoka muri Kiyovu Sports yerekeza muri Police FC





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND