RFL
Kigali

Seoul FC yo muri Korea y’Epfo iri mu mazi abira nyuma yo kwinjiza ku kibuga ibikoresho byifashishwa mu kwikinisha

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:20/05/2020 23:59
0


Ikipe ya Seoul FC yo mu cyiciro cya mbere muri shampiyona ya Korea y’Epfo, yahanishijwe gutanga Miliyoni 100 z’amanya Korea, angana na Miliyoni 77 z’amanyarwanda, nyuma yo kwinjiza ku kibuga ibikoresho bikoreshwa mu kwikinisha biri mu ishusho y‘abantu, mu mukino wa shampiyona ikipe ya Seoul FC yakinnye na Gwangju ku Cyumweru.



Ibi byabaye mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Korea y’Epfo, wabaye ku Cyumweru tariki 17 Gicurasi 2020, wahuje ikipe ya Seoul FC yari yakiriye Gwangju, ukaba wararangiye ku ntsinzi ya Seoul ya 1-0.

Mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Coronavirus, shampiyona ya Korea yarasubukuwe ariko nta mufana wemerewe kugera ku kibuga, bityo usanga amakipe yifashisha abantu b’ibicupuri (ibipupe) bakabishyira muri Stade kugira ngo bakine biyumvisha ko hari abafana babashyigikiye mu kibuga.

Gusa ariko kuri uyu mukino siko byagenze kuko aho kugira ngo ikipe ya Seoul FC izane abantu b’ibicupuri (ibipupe)( mannequins)ku kibuga, yazanye ibikoresho bikoreshwa mu kwikinisha biri mu ishusho y‘abantu(sex dolls) maze babyicaza mu myanya yari kuba yicawemo n’abantu kuri Stade.

Ikipe ya Seoul FC yazanye ku kibuga ibikoresho 20 byifashishwa mu kwikinisha, bimwe bambikwa imyinda y’iyi kipe, ibindi bigumana ibirango by’uruganda bikorerwamo, bigaragaza ko ari uruganda rukora ibikoresho byifashishwa mu kwikinisha.

Kuba uyu mukino wari urimo gtambutswa ku mateleviziyo yo muri iki gihugu, byagize ingaruka zikomeye cyane kuko byafaswe nkaho iyi kipe iri kwamamaza ubusambanyi.

Iyi kipe irashinjwa kurengera no kwica nkana amategeko agenga umupira w’amaguru mu gihugu cya Korea y’Epfo.

Ubuyobozi bw’iyi kipe bwemera ko bwagize uburangare bwatumye bukora amakosa akomeye cyane, kuko umucuruzi yabazaniyeibyo batamutumye, hanyuma ntibakore igenzura bakaza kubibona umukino urangiye.

Numa y‘umukino, bukeye bwaho ku wa mbere ubuyobozi bw’iyi kipe bwasohoye ubutumwa busaba imbabazi buvuga ko amakosa bakoze atabaturutseho, ahubwo byatewe n’umucuruzi wabazaniye ibyo batamutumye.

Bwagize buti”Dusabye imbabazi abafana bose. Dusabye imbabazi ku bw’ibikoresho bisimbura abafana byazanwe ku kibuga mu mukino wabaye tariki a 17 Gicurasi 2020, biriya bikoresho byari byazanwe mu gusimbura abantu, ntibyari byazanwe muri gaunda yo kwamamaza ubusambanyi”.

“Icyo twari tugendereye kwari ugukura abafana mu bwigunge muri ibi bihe bikomeye turimo, tugomba gutekereza igikwiye gukorwa kugira ngo ibintu nk’ibi bitazongera kubaho ukundi”.

Ubuyobozi bw’umupira w’amaguru muri Korea y’Epfo bwatangaje ko aya ari amahano yakozwe n’ikipe a Seoul FC, bakwiye kwicara bagafata uwanzuro w’ikigomba gukorwa, bakabiryozwa.

Ibiro ntaramakuru bya Yonhap news, bitangaza ko iyi kipe ishobora gufatirwa ibindi bihano byiyongera ku mafaranga izatanga, birimo nko gukurwaho amanota atanu cyangwa gucibwa ama Euro £3,300, ndetse ikaba yanabuzwa kugira umuterankunga wongera kugaragara kuri sitade yayo mu gihe runaka.

Shampiyona ya Korea y’Epfo ni imwe muri shampiyona zasubukuwe kare, nyuma yo guhagarikwa n’icyorezo cya Coronavirus, ubu imikino ibera mu muhezo nk’imwe mu ngamba zo kwirinda ikwirakwira ryacyo.


Ibikoresho byifashishwa mu kwikinisha byinjijwe ku kibuga byambikwa imyenda y'ikipe ya Seoul FC









TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND