Nyuma yo gusuzumwa abaganga bakemeza ko nta mukinnyi wa FC Barcelona ufite icyorezo cya Coronavirus, kuri uyu wa Gatanu tariki 08 Gicurasi 2020, iyi kipe y’ubukombe yasubukuye imyitozo umukinnyi akora ku giti cye nyuma y’amezi agera kuri abiri ibikorwa by’imikino muri Espagne bihagaze kubera COVID-19.
Shampiyona
ya Espagne iritegura gusubukura shampiyona ya La Liga mu kwezi gutaha, niyo
mpamvu amakipe yemerewe gutangira imyitozo ariko badakorera hamwe, buri wese
akora ku giti cye mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’iki cyorezo.
Habanje
gahunda yo gupima abakinnyi n’abandi
bakozi b’iyi kipe mbere y’imyitozo, abakinnyi ba FC Barcelona bageze ku kibuga
buri umwe afite ibikoresho bye bwite ndetse ntabwo bigeze binjira mu
rwambariro.
Abakinnyi bakoze imyitozo yo gutemberana umupira nta wuhura na mugenzi we, ndetse no kwiruka bazenguruka ikibuga. Ni imyitozo yabereye ku kibuga cya Ciutat Esportiva, aho iyi kipe isanzwe yitoreza ndetse hanabarizwa irerero ry’iyi kipe.
Uretse
Luka Jovic wagize ikibazo cy’imvune na Luis Suarez wari waragize imvune ariko
akaba yatangiye imyitozo yo kwiruka, abandi bakinnyi bose ba FC Barcelone bari
bahari.
Abakinnyi
ba FC Barcelona batangaje ko bagarutse kandi
bameze neza banafite icyizere ko shampiyona isubukurwa vuba abanya-Espagne
ndetse n’Isi yose bakongera kuryoherwa n’umupira w’amaguru.
FC
Barcelona yatangiye imyitozo nyuma y’andi makipe FC Sevilla, Villarreal,
Osasuna na Leganes.
Ubwo
Shampiyona ya Espagne yasubikwaga FC Barcelona yari ku mwanya wa mbere
n’amanota 58 mu mikino 27 mu gihe Real Madrid iri ku mwanya wa kabiri n’amanota
56.
Biteganyijwe
ko La Liga ishobora gusubukura muri Kamena 2020, hakinwa imikino isigaye kugira
ngo hagaragare ikipe yegukanye igikombe, izizasohokera Espagne mu mikino y’i Burayi,
izimanuka ndetse n’izizamuka mu cya mbere.
Lionel Messi yatangiye imyitozo ameze neza
Griezzman yagarutse mu myitozo ameze neza
Vidal nawe yagarutse ameze neza
TANGA IGITECYEREZO