RFL
Kigali

Abashakashatsi bavuga ko impfu z’Abanyamerika zizikuba hafi inshuro ebyiri kubera koroshya ingamba zo kurwanya Covid-19

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:5/05/2020 17:09
0


Abashakashatsi bavuze ko Ikigereranyo cy’imfu zizaterwa na coronavirus cyavuguruwe kivuga ko Abanyamerika bagera ku 135.000 bazapfa bazize Covid-19 bitarenze ukwezi kwa Kanama.



Iteganyagihe rishya ryaturutse mu kigo cya kaminuza ya Washington gishinzwe ibipimo by’ubuzima n’isuzuma (IHME) kigaragaza urujya n’uruza rw’abantu rukabije muri Leta nyinshi zo muri Amerika hamwe no koroshya ihagarikwa ry’ubucuruzi ndetse no gukomorera abantu kuva mu ngo biteganijwe muri leta 31 bitarenze ku ya 11 Gicurasi, rizateza ubwandu bushya ku kigero cyo hejuru cyane.

Mu ijambo rye, umuyobozi wa IHME, Dr. Christopher Murray, yagize ati: "Turateganya ko icyorezo kizagenda cyiyongera cyane ku buryo bukabije muri iyi mpeshyi igiye kuza”

Ibiteganijwe byashimangiwe n’impuguke z’ubuzima rusange aho zitaka ngo bakureho inzitizi z’ubucuruzi n’ibikorwa by’imibereho hagamijwe kuzahura ubukungu bwazahajwe n’iki cyorezo  

Ubu iki cyago cya Koronavirus bimaze kumenyekana ko cyanduye abantu bagera kuri miliyoni 1.2 muri Amerika, barimo 68.762 bapfuye bazize Covid-19.

Imibare itangwa n’iki kigo gikora ubushakashatsi kuri Koronavirus, nk’uko bagenda bayitangaza buri gihe kugira ngo harebwe uko ibintu bigenda  bihinduka ndetse n’ubumenyi bwa siyansi bugenda buvumburwa kuri iki cyorezo, byahindutse amakuru akomeye yakunze kuvugwa na White House hamwe n’ubuyobozi bw’ubuzima rusange mu guhangana n’iki kibazo.

Imibare y’agateganyo itangazwa na IHME bivugwa ko yizewe cyane nk’urwego rw’ibarurishamibare. Iteganyagihe riheruka riteganya ko umubare w’abantu bapfuye muri Amerika bazize COVID-19 uzava ku bantu 95.092 ukagera kuri 242.890 bitarenze ku ya 4 Kanama 2020.

Murray ati: “Koroshya ingamba n’amategeko yo gukumira ikwirakwira ry’iki cyorezo, bitewe ahanini n’ibihe by’imihindukire y’ikirere igihugu kigiye kujyamo bikwiye gukurikirwa n’izindi ngamba zikomeye zo kwirinda ubwandu bushya; nko kwipimisha kwagutse no gukurikirana imibereho y'abantu bari baranduye kugira ngo na bo bajye basuzumwa kandi bonyine”.

Src: France 24






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND