RFL
Kigali

FIFA yafashe umwanzuro wo kujya ihana abakinnyi bacira mu kibuga

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:29/04/2020 10:04
0


Ubushakashatsi bwakoze bwagaragaje ko gucira mu kibuga ishobora kuba imwe mu nzira zo gukwirakwiza icyorezo cya Coronavirus, bityo FIFA ikaba iteganya ko ubwo shampiyona zizaba zisubukuwe, umukinnyi uzagerageza kubikora azajya ahabwa ikarita y’umuhondo nk’igihano.



Gucira mu kibuga bikunze kuranga abakinnyi n’abatoza b’imikino itandukanye ku Isi, cyane iyo bamaze gusoma ku mazi.

Umubiligi Michel D’Hooghe ukuriye Komisiyo y’abaganga muri FIFA, yabwiye ikinyamakuru The Daily Telegraph ko mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19, FIFA iri kwiga uko abakinnyi mu kibuga bazajya berekwa amakarita y’umuhondo nk’igihano.

Uyu muganga yemeza ko Yavuze ko gucira mu kibuga ari umuco usanzwe mu mupira w’amaguru ugaragaza isuku nke.

D’Hooghe yavuze ko abayobozi ba ruhago bakwiye gushyiraho ibihano by’amakarita mu rwego rwo kurinda abakinnyi n’abatoza b’amakipe baba bari hafi y’ikibuga.

Yagize ati “Ikibazo ni uburyo ibyo byashoboka. Byibuze batanze ikarita y’umuhondo k’ubikoze. Nta suku ibirimo ndetse n’uburyo bwiza bwo gukwirakwiza virusi. Iyi ni imwe mu mpamvu tugomba kwitondera mbere y’uko dusubukura na none. Ntabwo niteze ibyago bishobora guteza ahubwo ubu mfite impungenge ko bitazashoboka”.

Kugeza magingo aya mu bihugu bitandukanye, hari kurebwa uko imikino yasubitswe kubera Covid-19 yasubukurwa mu gihe cya vuba, ariko hagashyirwaho ingamba zikarishye mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya kiriya cyorezo mu gihe imikino izaba ikinwa.


Gucira mu kibuga bigiye kujya bihanirwa n'amategeko haba ku bakinnyi n'abatoza

Tags:




TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND