RFL
Kigali

COVID-19: FIFA yatangaje ko igiye gutangira kugeza ku Mashyirahamwe y’umupira w’amaguru inkunga y'Ibihumbi $500

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:24/04/2020 21:52
0


Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku Isi ‘FIFA’yamaze gutangaza ko igiye gutangira gutanga icyiciro cya kabiri cy’inkunga igenera amashyirahamwe y’umupira w’amaguru mu bihugu bitandukanye, mu rwego rwo kuyagoboka kugira ngo abashe guhangana n’ingaruka z’icyorezo cya coronavirus cyashegeshe Isi.



FIFA itangaza ko Miliyoni 150 z’amadolali zigiye gusaranganywa mu mashyirahamwe y’umupira w’amaguru hirya no ku isi mu bihugu 211, buri shyirahamwe rikazagenerwa  ibihumbi 500 by’amadolari, angana na 475 000 000 Frw.

Iyi nkunga ije mbere y’igihe cyari gitegayijwe,  mu rwego rwo gufasha ayo mashyirahamwe guhangana n’ibibazo by’amikoro make byatewe nuko ibikorwa byose by’imikino byahagaze.

Perezida wa FIFA, Gianni Infantino,yatangaje ko iyo ari intambwe ya mbere bateye mu kugeregeza gutera inkunga urwego rw’umukino w’umupira w’amaguru ku isi muri ibi bihe bigoye Isi irimo bya COVID-19.

Yagize ati “Ni inshingano zacu gufasha abakeneye ubufasha muri ibi bihe isi itorohewe.”

Yasobanuye ko iyo nkunga izatangira kugera ku mashyirahamwe mu minsi mike iri imbere.

FIFA ivuga ko buri shyirahamwe rizabona ibihumbi 500 by’amadolari, mu busanzwe ayo mafaranga yahabwaga amashyirahamwe ari uko hari ibisabwa amaze kubahiriza bijyanye n’iterambere ry’umupira w’amaguru mu bihugu byabo, ariko kuri ubu ntakizagenderwaho kugirango ayo mafranga atangwe.


Perezida wa FIFA Infantino yatangaje ko ari inshingano za FIFA gutanga ubufasha aho bukenewe





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND