RFL
Kigali

Dore Ibyamamare 4 ku Isi muri muzika bivugwa ko biri kunywa itabi ryinshi kurenza abandi mu bihe bya Guma mu rugo

Yanditswe na: David Mayira
Taliki:20/04/2020 18:18
0


Muri ibi bihe Isi yugarijwe n’icyorezo cya Coronavirus kiri kwibasira ubuzima bwa benshi ku Isi, amakuru avuga ko hari ibyamamare muri muzika muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, biri kunywa itabi ryinshi cyane ku buryo coronavirus idakize aba bahanzi bayobowe na Wiz Khalifa bahasiga ubuzima.



Abahanzi batunzwe agatoki na TMZ ni 4, gusa abenshi bahamya ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika ari indiri y’abahanzi biyahuza ibiyobyabwenge dore ko bamwe usanga babicuruza abandi bakajyanwa muri za gereza ku bw’umutekano mucye baba bateza. Mu bari kunywa itabi ryinshi muri gahunda ya 'Guma mu Rugo' yashyizweho n’ibihugu bitandukanye birimo na Amerika, abo ni;

 1.Wiz Khalifa

Wiz Khalifa posts smoking picture after being arrested for ...

Cameron Jibril Thomaz wavutse ku ya 8 Nzeri 1987 uzwi ku izina rya Wiz Khalifa, yavuzwe ko akunda itabi cyane ry’urumogi kandi ntasiba kwerekana ko ari gukoresha ibiyobyabwenge muri iki gihe cya guma mu rugo abaturage badatembera. Uyu muhanzi mu gace avukamo ka Pittsburgh muri  Pennsylvania bamuziho kunywa itabi ryinshi.

2.Snoop dogg 

Snoop and Wiz do more than indulge in Indianapolis                 

Uyu muraperi yamamaye ku mazina atandukanye nka; DJ Snoopadelic; Niggarachi; Snoop Doggy Dogg; Snoop Lion; Snoopzilla; Nemo Hoes. Ni menshi cyane amazina ye. Uyu muhanzi ukunze korora imbwa n’izindi nyamaswa, bivugwa ko nawe atamara iminota 2 adasomye ku rumogi ndetse nawe usanga abyivugira ko afite umukozi ahemba ku kwezi umutekerera urumogi mu nzu ye.

3. Bella Thorne

WATCH: Bella Thorne parodies Elon Musk weed-smoking meme to ...

Annabella Thorne ni Umuhanzikazi, umukinnyi wa filime w'umunyamerika. Ayoboye abakobwa bakunda itabi cyane kurenza abandi bakekwaga barimo Lady Gaga.

4.Noah Cyrus

Noah Cyrus interview: 'You don't have to like my music, but don't ...

Noah Lindsey Cyrus, ni umugore w’umuririmbyi w’umunyamerikakazi, uzwiho ubuhanga nk’umwanditsi w'indirimbo no gukina filime. Mu mwaka wa 2016, yasohoye indirimbo ye ya mbere yise 'Make me cry' yakoranye na Labrinth. Iyi ndirimbo yarakunzwe ku Isi yose. TMZ imutunga urutoki nk’umwe mu bagore banywa itabi ryinshi.

Lil Wayne Kicked Off Private Jet for Smoking Weed | Rap-Up

Lil Wayne ari mu bahanzi banywa itabi ryinshi

Ibi byamamare byiyongera ku bandi basanzwe bazwi nka Lil Wayne ariko bivugwa ko aba bane ari bo bari kwihata itabi ryinshi mu gihe Isi ihanganye nja COVID-19. Kuba bari mu ngo zabo, aba bahanzi babonye akanya ko gutumagura itabi.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND