RFL
Kigali

Nigeria: Umukecuru w’imyaka 68 yabyaye impanga

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:20/04/2020 16:33
0


Ku Cyumweru tariki ya 19 Mata 2020 ibitaro byigisha bya Lagos (LUTH), byatangaje ko umukecuru w'imyaka 68 yabyaye impanga kandi ko abo ari abana be ba mbere.



Nk’uko ikigo cy’ubuzima cyabitangaje ku rubuga rwa twitter ku cyumweru cyashyizweho umukono na Perezida w’inama ngishwanama y’ubuvuzi, Porofeseri WL Adeyemo yagize ati "Umubyeyi w’imyaka 68 yabyaye  impanga”. Uyu mugore yabyaye umuhungu n'umukobwa bamubaze. Yasamye binyuze mu buryo bwo guhuza intanga mu buryo bwa 'Fertilisation' ya In-vitro (IVF).


Izi ntanga zahurijwe hamwe noneho bazohereza muri uyu mukecuru atangira gukurikiranwa kugeza abyaye. Uyu munsi wa none umubyeyi n’abana bose bameze neza nta kibazo bafite.

Src: Tribuneonlineng.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND