RFL
Kigali

Suwede: Nyuma yo kwanga gufunga, bari mu gahinda gakomeye, bari gupfusha abantu 1,203 umunsi umwe bazize Coronavirus

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:16/04/2020 16:43
0


Suwede iri mu bihugu bifite umubare munini w'abahitanwa na coronavirus mu munsi umwe nyuma yo kwanga gufunga nk'Uburayi bwose.Mu gihugu cya Scandinaviya hapfuye abantu 1,203 hamwe n’abantu 170 bapfuye mu masaha 24 ashize



Suwede ni cyo gihugu cyonyine cy’Uburayi kitigeze gifunga kuko kugeza ubu Utubari, amashuri, resitora, n'amaduka bikomeza gukingurwa  nk’ibisanzwe ndetse amateraniro manini  n’ibindi birori nk’ubukwe biracyakomeje

Itsinda ry’abaganga 22, abahanga mu bya virusi n’abashakashatsi banenze ikigo cy’ubuzima rusange mu gitabo cyasohowe n’ikinyamakuru Dagens Nyheter ku wa kabiri.

Bashinje guverinoma kuba yarananiwe gushyiraho ingamba zikwiye, bagaragaza ko ubu umubare w'abapfa muri Suwede wikubye kabiri ugereranyije n'uw' ibihugu bituranyi byabo mu majyaruguru ya Nordic.

Kugeza ubu, Noruveje ifite abantu 6.740 barwaye n’abandi  145 bamaze gupfa,  Finlande ifite abantu 3,237 barwaye na 72 bamaze gupfa,  Danemark ifite abantu 6,681barwaye na 309 bamaze gupfa

Minisitiri w’intebe wa Suwede, Stefan Lofven, yemeje ko "kwitegura bitabaye byiza " kubera ko guverinoma ye yashyizeho akayabo ka miliyoni zirenga 100 (miliyoni 8 zama pound) kugira ngo yitegure iki cyorezo.

Biteganijwe ko ubukungu bwa Suwede buzagabanuka hafi inshuro enye ku ijana muri uyu mwaka ariko minisitiri w’imari Magdalena Andersson yavuze ko abaminisitiri bizeye ko ubukungu buzongera gutera imbere mbere y’umwaka.

Src: The Sun

   





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND