Isiganwa ry’amagare rizenguruka u Bufaransa “Tour de France”, ryari riteganyijwe gutangira muri Kamena ryimuriwe muri Kanama kubera Coronavirus, aho byamaze kwemezwa ko rizatangira tariki ya 29 Kanama, risozwe tariki ya 20 Nzeri 2020.
Ku
wa mbere tariki 13 Mutarama 2020, Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron
yatanze itegeko ko igihe cyo gufungura ibikorwa bihuriramo abantu benshi,
cyongerewe kugeza mu kwezi kwa Nyakanga, mu rwego rwo guhangana n’icyorezo cya
Coronavirus.
Ibi
byatumye abashinzwe gutegura iri rushanwa rya mbere rikomeye muri uyu mukino
bafata umwanzuro wo `kuryimura kubera impungenge za COVID-19.
Tour
de France y’uyu mwaka yari iteganijwe gutangira tariki 27 Kamena kugeza tariki
19 Nyakanga 2020. Irushanwa ry’umwaka ushize regukanwe na Chris Froome, muri
rusange ikipe ya Team Ineos' Egan Bernal isoza iri rushanwa iri ku mwanya wa
mbere.
Tour
de France y’abagore “La Course”, ikinwa umunsi umwe, yagombaga kuba tariki ya
19 Nyakanga muri Champs-Élysées i Paris izaba ubwo isiganwa ry’abagabo rizaba
riri kuba.
Giro
d’Italia yari kuba muri Gicurasi na Vuelta Espana yari kuba muri Nzeri, yombi
azaba nyuma ya Shampiyona y’Isi izaba muri Nzeri 2020.
Shampiyona
y’Isi izabera mu Busuwisi hagati ya tariki ya 20 n’iya 27 Nzeri, ibi bisobanuye
ko Tour de France izarangira ku munsi iyi Shampiyona izatangiriraho.
Amarushanwa
menshi yari kuba mu mpeshyi ya 2020 yarasubitswe
arimo Wimbledon, Igikombe cy’Uburayi n’imikino
Olempike na Paralempike yose yimuriwe mu 2021.
Tour de France yimuriwe muri Kanama kubera impungenge za Coronavirus
TANGA IGITECYEREZO