RFL
Kigali

MTN Rwanda yongereye ingufu mu gufasha abaturage mu guhangana na COVID-19

Yanditswe na: Editor
Taliki:31/03/2020 9:29
0


MTN Rwanda yatangaje ko hashyizweho izindi ngamba zo gushyigikira imbaraga za Guverinoma no gukangurira abantu ingamba zo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19.



Umuyobozi wa MTN, Mitwa Kaemba Ng’ambi yagize ati i: “MTN icyo ishyira imbere ni ugukomeza guhuza abantu muri iki gihe. Tugomba kugira uruhare mu kugabanya ingaruka z’Ubukungu, imibereho ya sosiyeti n’Uburezi binyuze mu nkunga y'ingenzi ku bigo nk'Ubuzima, Ikoranabuhanga (ICT) n'Uburezi”.

Sosiyete ya MTN, ibinyujije muri Fondasiyo yayo rero yatanze Miliyoni 10 z'amafaranga y'u Rwanda mu kigo  cy’Igihugu cyita ku Buzima (Rwanda Biomedical Centre) mu  kubatera inkunga mu bikorwa  bakomeza kwerekana ko bakora bataruhuka bareba uburyo bahagarika ikwirakwizwa rya Coronavirus.

MTN kandi yatanze serivise y’ubuntu mu gihe MTN ihamagaye abakozi bashinzwe ubuzima mu gihe cyiminsi 90. MTN  kandi yatanze serivise y'Ubuntu mu buryo bw’itangazamakuru (Radio, TV, Imbuga nkoranyambaga, SMS, mu guteza imbere no kwihutisha ubutumwa bwa Minisiteri y’Ubuzima bukangurira abaturage kwirinda iki cyorezo.

Iki Kigo cya MTN mu bufatanye na Minisiteri y’Uburezi na Minisiteri y’Itumanaho no mu guhanga udushya, cyashyizeho uburyo abanyeshuri ba Kaminuza batari ku bigo bazajya biga mu buryo bw’iyakure bwa Online budatwara amafaranga nk'uko byari bisanzwe.

Gukurikirana amasomo rero abanyeshuri bifashisha imbuga zakozwe nka; https://elearning.reb.rw/, https://elearning.ur.ac.rw/. Ikindi ni uko izi mbuka kuzijyaho ari Ubuntu kuko nta mafaranga agenda.


Mu rwego rwo kurushaho guha serivisi abakiriya muri iki gihe ndetse n'ikizakurikiraho, MTN ibinyujije mu buryo bugezweho mu ikoranabuhanga baherutse gutangaza ko bongereye Airtime (Me2U) kuva ku 3.000FRW kugeza ku 6.000Frw ndetse bongera n'umubare ntarengwa w'amafaranga y'ikarita ari muri telefone (Airtime Account Balance) aho yavuye ku 500.000Frw ajya kuri 1.000.000Frw.

Ku bufatanye na Banki Nkuru y’u Rwanda mu kwishyura amafaranga, MTN yakuyeho amafaranga umuntu yacibwaga yo kohereza amafaranga ku bandi, ku bikorwa byose bya Banki kugeza kuri Mobile money (MoMo) ubu nta mafaranga bisaba, kimwe no kwishyura ibicuruzwa na serivisi ukoresheje MoMoPay mu gihe cy'iminsi 90.

Icy'ibanze nka MTN ni ukureba niba ubucuruzi bukomeza. Serivisi muri iki gihe izaba, nubwo bitoroshye, icya mbere rero ni ukureba niba urusobe rukomeza, kuboneka kw’ibikoresho no kuzamura ubushobozi bwabyo.

MTN Rwanda yafashe ingamba zo kwirinda kugira ngo serivisi zikomeze n'umutekano w'abafatanyabikorwa bayo barimo abakozi, abakiriya, abaturage n’abatanga ibicuruzwa, ..mu kurwanya icyorezo.

Uburyo bwose busabwa kandi bukenewe bwo gukumira bwashyizweho muri MTN yose aho ihurira. Gahunda y'akazi kugakorera mu rugo yashyizwe mu bikorwa, kugira ngo bagabanye umubare w'abakozi mu biro mu gihe runaka;

Gukaraba intoki no gusuzuma ubushyuhe ahantu hose birakorwa. Aba-Agents n’Abatanga serivisi nabo bayobowe kugira ngo barebe ko bafata ingamba zo gukumira icyorezo.

Umukiriya wa MTN ashobora rero kubona Serivise za MTN ahamagara ku cyicaro kuri 100, cyangwa akagana ahatangirwa Serivise za MTN hamwegereye kuva saa mbiri za mu gitondo kugeza saa Cyenda z'amanywa.


Mitwa Kaemba Ng'ambi Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda

Umwanditsi: David Mayira-Inyarwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND