RFL
Kigali

Ibintu 10 bitangaje cyane ku gihugu cya Israel

Yanditswe na: Niyibizi Honoré Déogratias
Taliki:19/03/2020 11:32
0


Isiraheli umuryango cyangwa ubwoko bw’Imana bwatoranyijwe ni igihugu kizwiho kuba ari igihangange mu guhanga udushya dutandukanye haba mu ikoranabuhanga no mu bushakashatsi butandukanye kandi kikaba igicumbi cy’iyobokamana dore ko Yesu/Yezu uwo Bibiliya yita umucunguzi ari ho yavukiye.



Tugiye kukugezaho ibintu bitangaje ku gihugu cya Israel

1.        Isiraheli ni cyo gihugu ku isi giha uburenganzira abana. Muri Isiraheli abana bato baba bagenda mu mihanda ari bonyine kandi uba usanga abana bato bijyana kwitegera ama bisi abajyana ku ishuri mu gihe mu bihugu byinshi abana bato bajya ku ishuri baherekejwe n'ababyeyi ndetse amasomo yarangira bakajya no kubafata ku ishuri.

2.       Muri Isiraheli umusirikare uri mu kirihuko cy'akazi ntiyemerewe kwambara imyenda ku mbunda ye ngo ayihishe, kuko ategetswe kuyitwara ahagaragara aho yakerekeza hose.

3.       Muri Isiraheli henshi mu hantu imodoka zihagarara haba isomero ku buryo iyo ushatse igitabo ugenda ukagifata ukakijyana warangiza kugisoma ukakigarura. Mu gutwara iki gitabo ntawe ukwandika kandi nta n’itariki yo kukigarura uhabwa ahubwo ibi byose bikoranwa ubunyangamugayo.

4.       Umutima w’Umuntu wakozwe n’abantu bwa mbere wakorewe muri kaminuza ya Tel- Aviv yo muri Isiraheli bakoresheje uburyo bwa 3dimension aho bakoresheje tumwe mu tunyangingo bagiye bakura mu barwayi batandukanye.

5.       Muri Isiraheli kugira ngo ube umunyamideli cyangwa wamamaze uri umukobwa bisaba ko uba ufite BMI (BODY MASS INDEX) ya 18.5.

6.       Umurwa mukuru wa Isiraheli Tel-Aviv ni wo ugira abantu batunze imbwa nyinshi ku Isi aho usanga umuntu umwe mu bantu 17 atunze imbwa.

7.       Isiraheli ni paradizo ku bantu bize ibijyanye n’inyoni kuko inyoni zirenga Miliyari imwe ziguruka mu kirere cy'iki gihugu mu gihe cy’umwaka.

8.       Ikibuga mpuzamahanga cy’Indege cyitwa BEN-GURION ni cyo cya mbere gifite umutekano wizewe kurusha ibindi byose ku Isi.

9.       Muri Israheli injangwe ziba ahantu hose mu mihanda n'ahandi hatandukanye. Ibi bitungura ba mukerarugendo bahasura kuko bo baba bafata injangwe nk’inyamaswa zo kuba mu rugo zishimisha ba nyirazo.

10.    Imyenda y’imbere myinshi y’abagabo icuruzwa muri Israheli iba yanditseho ngo:”Ndi umuyahudi, bisuzume” (I’m Jewish, Wanna check).

Src: nocamels.com ,israelonthehouse.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND