Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’Uburayi ‘UEFA’ yamaze kwemeza ko igikombe cy’Uburayi cyari giteganyijwe mu mpeshyi yuyu mwaka, kimuriwe mu mpeshyi y’umwaka utaha wa 2021 hagati ya tariki 11 Kamena n’iya 11 Nyakanga 2021, kubera impungenge z’icyorezo cya Coronavirus.
Kuri
uyu wa Kabiri taliki ya 17 Werurwe 2020, habaye inama yahuje abanyamuryango ba UEFA uko ari 55 ikaba yari
iyobowe n’ umunya-Slovenia uyobora UEFA Aleksander Ceferin, yanzuye ko igikombe cy’Uburayi cyari
giteganyijwe kuba mu mpeshyi yuyu mwaka, kimurirwa umwaka utaha hagati ya
tariki 11/06 na 11 Nyakanga 2021.
Ishyirahamwe
ry’umupira w’amaguru muri Norvège ribinyujije ku rukuta rwaryo rwa Twitter, ryemejeko inama yabaye uyu munsi yahuje
abanyamuryango ba UEFA 55, yanzuye ko iri rushanwa ryimurirwa mu mwaka utaha
aho gukinwa mu mpeshyi y’umwaka wa 2020, kubera icyorezo cya Coronavirus.
Igikombe
cy’u Burayi cyagombaga kubera mu mijyi 12 itandukanye yo ku mugabane w’u Burayi
ariko kubera ikibazo gikomereye abatuye Isi muri iki gihe, icyorezo cya
Coronavirus cyatumye iri rushanwa ryimurwa igitaraganya rishyirwa mu mwaka
utaha mu rwego rwo kwirinda no kurinda abatuye isi iki cyorezo.
Uyu
mwanzuro urafasha ibihugu by’I Burayi gusaza amashampiyona yahagaze kubera
Coronavirus ndetse n’ibikombe by’I Burayi birimo Champions League na Europa
League byahagaze nabyo bizarangira.
Uku
kwimura EURO 2020, byahise bihurirana n’igihe FIFA Confederations Cup ihuza
amakipe y’ibihugu yatwaye ibikombe ku migabane yayo yagombaga kubera, benshi
baribaza uko aya marushanwa yombi azabangikana.
Igihugu
cya Portugal nicyo kibitse igikombe giheruka gukinirwa mu Bufaransa muri 2016,
nyuma yo gutsinda u Bufaransa ku mukino wa nyuma Cristiano Ronaldo na bagenzi
be bakegukana igikombe.
Mu rwego rwo kwirinda Coronavirus EURO 2020 yimuwe
EURO 2020 ntikibereye igihe yagombaga kubera
Euro yari iteganyijwe uyu mwaka yimuriwe 2021
Portugal niyo ifite igikombe giheruka gukinirwa 2016
TANGA IGITECYEREZO