RFL
Kigali

Kabuga: Urubyiruko rurimo imfubyi n'abahoze mu biyobyabwenge bahawe impamyabushobozi mu masomo y'imyuga n’Ubumenyingiro

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:8/03/2020 14:12
0


Ishuri ryigisha Imyuga n’Ubumenyingiro rizwi nka ERM- HOPE TVET SCHOOL riherereye i Kabuga ryatanze impamyabushobozi ku banyeshuri bakurikiranye amasomo yabo mu byiciro bitandukanye.



Ni umuhango wabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 06 Werurwe 2020 i Kabuga mu murenge wa Masaka aho iryo shuri riherereye. Ni ibirori byaranzwe cyane n’indagagaciro za gikristo aho umuhanzi Adrien MISIGARO yataramiye abari aho ndetse anagira inama abanyeshuri uburyo bakwiriye kwitwara nyuma yo kurangiza amasomo yabo.


Umuyobozi mukuru wa ERM, Pastor KAYINAMURA SITAKI Emmanuel ari na we watangije iki kigo avuga ko yagize iki gitekerezo atangira mu mwaka wa 1996 afata abana b’imfubyi bacikirije amashuri abigisha imyuga kugira ngo bazagire ejo hazaza heza. Mu barangije aya masomo harimo n'abahoze mu biyobyabwenge.


Ati” Uyu munsi harangije abana 244 bari mu byiciro bitandukanye ndetse no mu masomo atandukanye arimo kubaza, kubaka, kudoda, guteka na hoteleri , gusudira no gukora imisatsi”

Ku bijyanye no kwibaza ireme ry’uburezi abanyeshuri bakura muri iri shuri Pastor SITAKI atazuyaje yagize ati” Nta gushidikanya twizera neza ko tubaha ibyo bagakwiye kubona kuko baba barigishijwe ibintu bifatika bishobora kubateza imbere dore ko n’aho bajya kwimenyereza umwuga, 90% bakomerezayo akazi kuko abakoresha babo baba babona ko bashoboye.













TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND