Umushakashatsi wo muri Indoniziya, Madame Hikmawatty avuga ko abagore bashobora gutwarira inda muri za piscine zihurirwamo na bose bidasabye ko babonana n’abagabo.
Ubu bushakashatsi bukimara gushyirwa ahagaragara ntibwavuzweho rumwe na
benshi aho abantu bibazaga bati 'bishoboka bite ko umuntu yasamira muri piscine
kandi atabonaye n’umugabo?' Ibi rero byakomeje guteza impaka nyinshi abahanga
baraterana bamagana ayo makuru.
Sitti Hikmawatty aravuga ati "Hari ubwoko bw’intanga
ngabo bwihariye kandi bufite imbaraga bushobora gutuma umuntu abasha gusama mu
gihe hagize umugabo uzisiga muri piscine bityo umugore akaba yazifata mu gihe ari kogera muri iyo piscine bityo
akaba yanasama."
Aya makuru yasakaye ku mbuga nkoranyambaga akomeza
guteza impaka nyinshi birangira uwayatangaje asabye imbabazi ati” Nsabye
imbabazi ku mugaragaro ku bwo gutangaza amakuru atari yo, bwari ubushakashatsi
bwanjye gusa, ndasaba buri wese kudasangiza bagenzi be ibi bihuha.“
Umwe mu bahanga mu bijyanye n’ubuganga muri Indoniziya yagize icyo avuga ati”Ndinginga buri wese kumva ibi, niba hari ibyo utumva ku bijyanye n’ibibazo by’ubuzima runaka, ibyiza ni uko waceceka aho gukirakwiza ibihuha mu bantu. Menya neza ko mu gihe hatabayeho kubonana, nta gusama kubaho.
TANGA IGITECYEREZO