RFL
Kigali

Amavubi yaguye miswi na Congo Brazaville mu mukino wa gicuti utanogeye ijisho - AMAFOTO

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:28/02/2020 18:20
3


Kuri uyu wa Gatanu ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’umupira w’amaguru ‘Amavubi’ yaguye miswi n’iya Congo Brazaville mu mukino wa gicuti wabereye kuri Stade Amahoro, wari umukino utegura ibi bihugu byombi bizitabira irushanwa ry’abakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo CHAN 2020, riteganyijwe kubera muri Cameroon muri Mata.



Ni umukino utitabiriwe n’abanyarwanda cyane bitewe n’uburyo ikirere cyiriwe kimeze, ukaba ari umukino utabonetsemo amahirwe menshi yo gutsinda ku mpande zombi, dore ko wasangaga umupira ukinirwa cyane mu kibuga hagati, iminota y’umukino irangira nta kipe irebye mu izamu ry’indi.

Umukino watangiye Congo Brazaville irusha gukina neza u Rwanda, dore ko mu minota 30 ya mbere iki gihugu cyabonye uburyo butandukanye bwo kugera imbere y’izamu ry’u Rwanda cyane ariko ntibabyaze umusaruro amahirwe babonye, umunyezamu Kimenyi Yves agatabara.

Nyuma y’umunota wa 31, Amakipe yombi yagiye ku rwego rumwe, ubuna ko nta kipe iri kurusha indi mu kibuga ahubwo  amakosa ariyongera ku bakinnyi, bakanacungira kuri za Contre attack, ariko nabyo ntibyatanze umusaruro.

Iminota 45 y’igice cya mbere yarangiye amakipe anganya 0-0.

Umutoza w’ikipe y’igihugu cy’u Rwanda Mashami Vincent ntiyigeze anyurwa n’uburyo abakinnyi be bakinnye iminota 45 y’igice cya mbere, byatumye mu gice cya kabiri bagerageza guhererekanya ariko bagera n’imbere y’izamu inshuro nyinshi.

Mashami Vincent yakoze impinduka mu bakinnyi, Nshuti Savio na ndekwe Felix binjira mu kibuga, hasohoka Ngendahimana Eric na Danny Usengimana, nyuma y’iminota 20 Sugira Ernest asohoka mu kibuga, Iyabivuze Osee arinjira, Byiringiro Lague aha umwanya Djabel, mu gihe Nsabimana Eric uzwi nka Zidane yahaye umwanya Nshimiyimana Amran umukino ugana ku musozo.

Amakipe yombi yakomeje gukina ariko ubona ko bitanogeye ijisho, bityo iminota 90 y’umukino irangira amakipe anganyije 0-0, ubona ko umutoza Mashami Vincent atigeze yishimira uburyo ikipe ye yakinnye iminota 90.

Uyu ubaye umukino wa kabiri u Rwanda runganyije, nyuma y’umukino ruheruka kunganyiriza muri Cameroon mu minsi ishize, aho Amavubi yanganyije n’intare za Cameroon 0-0.

U Rwanda ruzongera guseruka mu kibuga mu kwezi gutaha kwa Gatatu.

Amavubi XI: Kimeynyi Yves, Manzi Thierry (C), Omborenga Fitina, Imanishimwe Emmanuel, Rugwiro Herve, Ngendahimana Eric, Niyonzima Olivier, Nsabimana Eric, Byiringiro Lague, Sugira Ernest, Usengimana Danny


Abakinnyi 11 b'Amavubi babanje mu kibuga


Abakinnyi 11 ba Congo Brazaville babanje mu kibuga


Abakapiteni ku mpande zombi, Manzi w'Amavubi na Dimitri wa Congo Brazaville


Sugira Ernest afungira umupira mu Kirere


Lague yagerageje gukina neza


Kapiteni Dimitri yagaragaje ko ari umukinnyi mwiza






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Imanishimwe theophile4 years ago
    Ni Ben nyabirasi amavubi nashyiremo agatege bizaza murakoze
  • ukwisaka arsene 4 years ago
    mumpe amakuru ya muhajiri konumvaga ngagiye kuza tuzakina imikino yo kwishyura arimo n'arsene mubugesera umufana wa apr fc.
  • Bernard4 years ago
    Tubabajwe cyane nokutabona mutsinzi Ange nahubundi nabandi tuzabikora aharikibazo mashami buriya yahabonye





Inyarwanda BACKGROUND