RFL
Kigali

Impinduka zitunguranye ku rugendo rw’ikipe y’igihugu Amavubi muri Cameroon

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:19/02/2020 19:48
1


Amavubi yagombaga guhaguruka mu Rwanda kuri uyu wa Gatatu yerekeza mu gihugu cya Cameroon gukina umukino wa gishuti n’iki gihugu mu kwitegura igikombe cya CHAN 2020, bitangazwa ko urugendo rwimuriwe ku wa kane, none birangiye byemejwe ko iyi kipe izahaguruka ku wa Gatanu tariki 21/02/2020, kubera ikibazo cy’indege.



Amavubi azerekeza  muri Cameroon kuri uyu wa Gatanu gukina n’ikipe y’igihugu yaho izwi nk’Intare za Cameroon mu mukino  wa gishuti uteganyijwe kuba  tariki ya 24 Gashyantare 2020.

Amavubi yagombaga guhaguruka mu Rwanda ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu ariko bitewe n’ihindagurika ry’indge yagombaga kubatwara, bitangazwa ko urugendo rwimuriwe ku wa Kane, none byamaze kwemezwa ko iyi kipe izahaguruka ku wa Gatanu tariki 21 Gashyantare.

Umutoza w’ikipe y’igihugu Mashami Vincent,  yavuze ko ntawusezerana n’ibihe, kandi ko ari impamvu zitabaturutseho, mu rwego rwo kwirinda buri kimwe cyose gishobora gutuma imyiteguro itagenda neza, banzuye kuzahaguruka mu Rwanda ku wa Gatanu kandi ko ntacyo bitwaye.

Yagize ati“murabizi iby’indege bigenda bihindagurika isaha ku y’indi, twari tuzi ko tuzagenda ejo ku gicamunsi(uyu munsi ku wa Kane) ariko haje guhindukamo bimwe na bimwe, ku mpamvu zitaduturutseho mu rwego rwo kwirinda ko dushobora guhura n’ibibazo byatuma imyiteguro yacu igenda nabi, byemejwe ko tuzahaguruka mu Rwanda ku wa Gatanu kandi ntacyo biza kwica kuri gahunda dufite kuri uriya mukino”.

Kuri uyu wa Kane saa 16:00’ biteganyijwe ko Amavubi azakora  imyitozo ya nyuma kuri Stade Amahoro i Remera, mbere yuko bazahaguruka ku wa Gatanu. Biteganyijwe ko mu bakinnyi 28 bari mu mwiherero Mashami akaba azahagurukana abakinnyi 26.


Amavubi azahaguruka mu Rwanda ku wa Gatanu Tariki 21/02/2020 yerekeza muri Cameroon





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Sam4 years ago
    Mukomereze aho





Inyarwanda BACKGROUND