Tombola y’uko amakipe azahura mu mikino ya nyuma y’irushanwa ry’abakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo rizwi nka CHAN 2020 rizabera muri Cameroon muri Mata, yamaze kurangira aho ikipe y’Igihugu Amavubi yisanze mu itsinda rikomeye cyane rya C hamwe na Morocco,Uganda na Togo.
Iyi
Tombola yabereye muri Palais de Sporti Yaounde muri Cameroon imbere ya Perezida
wa CAF Ahmad Ahmad witabiriye uyu muhango avuye mu gihugu cy’u Rwanda.
Tombola
yayobowe na Stephen Tataw wari kapiteni w’intare za Cameroon mu mwaka w’i 1990
bagera muri ¼ cy’iyi mikino akaba yari kumwe na Salomon Olembe watwaye igikombe
cy’Africa mu w’i 2000 na 2002.
Ikipe
y’u Rwanda yatangiye kwitegura iri rushanwa kuri uyu wa Mbere, yatomboye Maroc,
Uganda na Togo mu itsinda C. Ni ku nshuro ya mbere izaba ihuye na Uganda na
Togo muri iri rushanwa mu gihe Maroc yo byari kumwe mu itsinda mu irushanwa ryabaye mu 2016,
aho yatsindiye Amavubi kuri Stade Amahoro ibitego 4-1.
Maroc
ni yo yegukanye irushanwa riheruka ubwo yari yaryakiriye mu 2018 mu gihe Togo
ari ku nshuro ya mbere igiye gukina CHAN.
Iyi
mikino ya CHAN izabera mu mijyi 3 yo muri Cameroon harimo umurwa mukuru
Yaounde, Douala na Buea.
Itsinda
rya mbere rizakinira i Yaounde kuri Stade Ahmadou Ahidjo, itsinda rya 2
n’itsinda rya 3 bazakinira mu mujyi wa Douala kuri Stade de la Réunification na
Roumdé Adjia Stadium, naho itsinda rya 4 rikazakinira mu mujyi wa Buea kuri
Stade de Moliko.Amavubi azatangira yesurana na Uganda.
Amavubi
amaze kwitabira inshuro 3 mu nshuro 5 iri rushanwa rimaze gukinwa aho kure yageze ari muri ¼ muri
2016 ubwo yari yacyakiriye.Imikino ya CHAN 2020 izatangira kuwa 04 Mata isozwe
kuwa 25 Mata 2020.
Uko amakipe agabanyije mu matsinda:
Itsinda A: Cameroun, Mali, Burkina Faso
na Zimbabwe
Itsinda B: Libye, DR Congo, Congo na
Niger.
Itsinda C: Maroc, u Rwanda, Uganda na
Togo.
Itsinda D: Zambia, Guinée, Namibia na
Tanzania.
Ibihugu 16 nibyo byatomboranaga muri CHAN 2020
Tombopla yari yitabiriwe n'imbaga y'abantu benshi batandukanye
Uko amakipe yatomboranye
Amavubi yatangiye imyiteguro ku wa mbere
TANGA IGITECYEREZO