Raporo ya Komisiyo y’Abakozi ba Leta iratunga agatoki bimwe mu bitaro byo mu Rwanda kuba bikoresha abakozi batagaragaza impamyabumenyi z’ibyo bize.
Mu bitaro 42 by’uturere haragaragaramo abakozi
batagaragarije ibiro bishinzwe imicungire y’abakozi impamyabumenyi zabo. Iki
kibazo ni kimwe mu byo Komisiyo y’Abakozi ba Leta yagejeje ku Nteko Ishinga
amategeko muri raporo yayo ya 2018/2019.
Ibi byatumye Komisiyo ishinzwe imibereho y’abaturage mu mu Mutwe w’Abadepite itumiza Minisiteri y’Ubuzima ngo itange ibisobanuro. Perezida w’iyi komisiyo, Depite Muhongayire Christine avuga ko uko byagenda kose abakozi badafite ibyangombwa bagomba kubishaka.
Yagize ati « Ahantu henshi hari ikibazo cy’aba
baganga bamaze kwiga, uyu munsi wa none bakaba badafite dipolome kandi
bagomba gukora mu buvuzi bakavura Abanyarwanda. Twasabye ko bagomba gukora uko
bashoboye bakabona ayo madipolome bagakoresha na za equivalance,
bagakomeza kuvura mu buryo bukurikije amategeko. »
Ku bayobozi b’ibitaro ngo iki ni ikibazo gikwiye gusuzumanwa
ubushishozi.
Umuyobozi w’Ibitaro bya Butaro Dr Mpunga Tharcisse yagize
ati « Aba baganga bari ku bitaro byose byo mu Rwanda si ahantu
hamwe, abanyamategeko badufasha bagacukumbura, umuntu iyo mugiranye
amasezerano yo kwishyurira umunyeshuri imyaka 5 akaza guhindura school fees
hagati mu masezerano ari ubwumvikane bw’abantu 2 nibaza ko uwo muntu umusabye
kwishyura ayo mafaranga waba umurenganije ndifuza ko kaminuza na Minisiteri
y’Ubuzima bazaza bakitaba inteko kuko ni ikibazo kiremereye. »
Dr Utumatwishima Abdallah uyobora Ibitaro bya Rwamagana ati
« Abo baganga dufashe umwanzuro wo kubakura mu bitaro cyaba ari ikibazo
kuko ni inzobere ndetse iyo wumvise impumeko yabo ubafatiye icyemezo cyo
kubakura mu bitaro waba uborohereje, kubera ko n’amasezerano bafitanye na
Minisiteri y’Ubuzima igihe bajyaga kwiga harimo ko MINISANTE yagombaga
kubishyurira amafaranga y’ishuri hatagaragaye ku azazamuka cyangwa akamanuka
byumvikana ko njye icyo nasaba batakurwa mu kazi. »
Mu batungwa agatoki kuba bataratanze impamyabumenyi
zabo mu biro bishinzwe abakozi harimo, ni abo Minisiteri y’Ubuzima yemereye
kurihira kugeza ubu ikaba itarabikora ari na byo byabaviriyemo kudahabwa
impamyabumenyi n’amashuri bizemo.
Umuyobozi Mukuru ushinzwe imirimo rusange muri Minisiteri
y’Ubuzima Valens Ndonkeye avuga ko hagiye gushakwa ingengo y’imari yo kwishyura
amafaranga abo minisiteri yemereye kurihira babereyemo amashuri.
Ati « Kuri kiriya kibazo cya ziriya mpamyabumenyi
zitabonetse reka tugitware nk’umukoro, abadepite baduhaye umurongo mwiza
turashaka ingengo y’imari ikibazo tugikemure, ni benshi koko tubabuze na Minisiteri
y’Ubuzima twaba duhombye abantu benshi. »
Minisiteri y’Ubuzima ntigaragaza umubare w’aba bakozi bari
mu kazi badafite impamyabumenyi. Uretse abakozi barimo n’abaganga badafite
impamyabumenyi mu bitaro 42, raporo ya komisiyo y’abakozi ba Leta igaragaza
ko hafi ½ (49.3%) cy’imyanya 7290 itarashyirwamo abakozi.»
TANGA IGITECYEREZO