RFL
Kigali

Uwayoboye Bushali muri Korali ya ADEPR yahishuye uko yitwaraga

Yanditswe na: Muvunyi Arsene
Taliki:5/02/2020 15:28
0


Umwe mu bahanzi bamamaye mu mwaka wa 2019 ni Bushali wigaruriye imitima ya benshi biganjemo urubyiruko bitewe n’indirimbo ze zo mu njyana ya KinyaTrap zirimo “Nituebue Ni Muebue”, “Ku Gasima”, “Tsikizo”, “Kinyatrap” n’izindi nyinshi cyane.



Uyu musore yataramiye mu bitaramo hafi ya byose y’ibyabereye mu Rwanda kandi bikomeye, uburyo yakirwaga n’abafana bishimangira igikundiro kidasanzwe afite muri rubanda.

Bushali agaragara nk’abaraperi haba mu mivugire, ingendo, imyambarire n’isura ye. Mu mpera z’umwaka ushize yatawe muri yombi akekwaho kunywa ibiyobyabwenge nyuma aza kurekurwa by’agateganyo.

Mu rukiko Bushali yiyemereye ko yigeze gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi ariko ko yari amaze iminsi yarisubiyeho, ahanze amaso akazi ke k’umuziki.

Mu kiganiro yigeze kugirana na Televiziyo y’u Rwanda, Bushali yivugiye ko asoma ku gatama ariko ibyo gutumura imyotsi atajya abitinyuka.

Mu kindi kiganiro yakoze muri iki cyumweru Bushali yahishuye ko mbere y’uko yinjira mu muziki w’indirimbo zisanzwe yabanje no kuririmba muri Chorale y’abana yitwa Maranatha yo muri ADEPR SEGEM i Gikondo.

KANDA HANO UREBE BUSHALI AVUGA UKO YARIRIMBYE MURI KORALI YO MURI ADEPR

Byatunguye benshi cyane uburyo uyu musore bajya bita Bushido, yabaye mu idini rya ADEPR rigendera ku mahame akomeye, nyuma akarivamo akaba uwo ari ubu.

INYARWANDA yaganirije umwe mu bo baririmbanye akaba yari n’umuyobozi muri Chorale Maranatha maze aduhamiriza koko ko yaririmbanye na Bushali muri korali yo mu itorero rya ADEPR.

Arthur Girishema usigaye uririmba muri Korali yitwa Impanda, yavuze ko atibuka neza umwaka yabanye na Bushali muri korali ariko ngo yibuka ko bamuhimbaga Dudu. 

Iyi korali Bushari yaririmbyemo, yaciyemo abandi b'ibyamamare batandukanye barimo Gisa Cy’Inganzo, abakinnyi bakomeye mu mupira w'amaguru nka Sibomana Patrick Papy na Usengimana Faustin.

Uyu wabaye umuyobozi wa Bushali avuga ko Bushali yatunguwe no kumubona aririmba injyana ya Rap dore ko muri Korali yari umuntu utuje cyane udakunda kuvuga.

Aganira na INYARWANDA, yagize ati “Yari umwana witondaga utarakundaga kuvuga, akaza akajya ku murongo akaririmba nk’abandi bana bisanzwe, njyewe yabaye nk’uwantunguye. Byaranshimishije kuba impano ye yarayibyaje umusaruro mu bundi buryo.”

Ikintu Girishema Arthur avuga ko atazibagirwa kuri Bushali mu gihe cyose bamaze baririmbana muri Korali Maranatha ngo ni uko yakundaga umuziki cyane ku buryo iyo yabaga yakererewe atubahirizaga ibihano nk’abandi.

Ati “Yakundaga umuziki, yajyaga ava ku ishuri yakererewe nkabahagarika ku ruhande ariko we sinzi ahantu yakuraga umurishyo akajya ku ngoma hari uri kuyivuza nawe agashyiramo akandi karishyo. Kumuhagarika ku ruhande ntibyashobokaga.”

Kuba Bushali na Gisa baririmbye muri Maranatha barafungiwe gukoresha ibiyobyabwenge, Arthur avuga ko nta rubanza babacira kuko ‘Haracyari ibyiringiro. Igiti n’iyo cyatemwa cyakongera kigashibuka, umuntu wahamagawe n’Imana iyo ari umunyabugingo ntabwo agenda gutyo gusa kandi n’aho bari hose icyangombwa ni ugukiranukira Imana, naho bagwa babyutswa n’Uwiteka.’

Bushali yabanje kuririmba muri Korali yo muri ADEPR

REBA INDIRIMBO NSHYA YA BUSHALI YITWA IPAFU







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND