Umuhanzi Jules Sentore yemeye gutanga ibikoresho by’isuku byifashishwa n’abakobwa mu gihe cy’imihango 500 [cotex] naho Butera Knowless atanga 50 mu rwego rwo gushyikira ubukangurambaga bwiswe #EndPeriodPovert buri gukorerwa ku rubuga rwa Twitter.
Hashize iminsi ku rubuga rwa Twitter hari gukorerwa
ubukangurambaga bugamije gukusanya ibikoresho by’isuku byifashishwa n’abakobwa
bari mu mihango [cotex] mu rwego rwo gufasha ababikineye badafite ubushobozi.
Ni ubukangurambaga bukorwa mu buryo bukunzwe kwitwa
Challenge aho umuntu avuga umuhigo we akagira n’undi atumira kugira ngo
bifatanye.
Abantu benshi bakomeje guhiga umubare wa cotex
bazatanga muri iki gikorwa barimo Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette
Kagame, wemeye gutanga izigera ku 100 buri kwezi, umukobwa we Ange Kagame
wemeye gutanga 80, abayobozi mu nzego zitandukanye, imiryango n’abantu ku giti
cyabo.
Umuhanzi Jules Sentore ukunzwe mu njyana gakondo,
abisabwa na Kim Kamasa, yemeye gutanga cotex 500 zo gufasha abana b’abakobwa
bazikeneye.
Butera Knowless we abisabwe na Minisitiri w’Ubuzima
Diane Gashumba yiyemeje gutanga cotex 50 mu rwego rwo gushyigikira iki
gitekerezo.
Impamvu yatumye hatangizwa ubu bukangurambaga ni uko 2014 yagaragaje ko nibura umukobwa umwe mu 10 bo muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara nibura yasibye ishuri iyo ari imihango bitewe n’uko aba adafite ibi bikoresho by’isuku.
Jules Sentore yemeye gutanga Cotex 500
TANGA IGITECYEREZO